00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu myaka iri imbere itabi rizaba riri ku isonga mu guhitana abatuye Isi

Yanditswe na

Marie Chantal Nyirabera

Kuya 10 August 2012 saa 06:45
Yasuwe :

Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima OMS uvuga ko abagera kuri miliyoni umunani buri mwaka bazajya bahitanywa n’itabi mu myaka iri imbere.
Amakuru dukesha urubuga who.int avuga ko ubu umubare w’abantu bapfa ku mwaka bazize itabi ungana na 600,000, OMS isaba inganda zikora itabi kubireka mu rwego rwo kugabanya umubare w’ingorane ziterwa no kurinywa.
OMS mu kurwanya itabi yibanze ku bintu 2, birimo gusobanura birushijeho ububi bw’itabi n’ingaruka zaryo, no gukorana (…)

Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima OMS uvuga ko abagera kuri miliyoni umunani buri mwaka bazajya bahitanywa n’itabi mu myaka iri imbere.

Amakuru dukesha urubuga who.int avuga ko ubu umubare w’abantu bapfa ku mwaka bazize itabi ungana na 600,000, OMS isaba inganda zikora itabi kubireka mu rwego rwo kugabanya umubare w’ingorane ziterwa no kurinywa.

OMS mu kurwanya itabi yibanze ku bintu 2, birimo gusobanura birushijeho ububi bw’itabi n’ingaruka zaryo, no gukorana n’itangazamakuru mu kumenyekanisha ububi bw’itabi.

Mu bushakashatsi butandukanye bwakozwe byagaragaye ko mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere 10% by’amafaranga yakwifashisha mu bikorwa bitandukanye agurwa itabi.

N’ubwo bimeze gutyo ibihugu bisaga 170 ni ukuvuga 90% by’abatuye Isi, byagiranye amasezerano na OMS ya CCLAT (Convention Cadre de l’OMS pour la Lutte Antitabac) mu kurirwanya.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages