00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko Umwami yanze guturana n’agasozi kitwa ‘Rungu’ i Nyanza akagahindurira izina

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 14 September 2022 saa 12:26
Yasuwe :

Abazi Akarere ka Nyanza ndetse n’abakurikira amateka y’u Rwanda ndetse n’abakunda gusoma, bumva izina rikunze kuvugwa ngo ‘Mwima na Mushirarungu’.

Umutoza w’Intore mu Itorero ry’Igihugu akaba no mu Ishyirahamwe ry’Abacukumbuzi b’Ireme ry’Umuco n’Amateka, Kanyandekwe Jean Pierre, asobanura ko kera aha hantu hari udusozi tubiri kamwe kitwa Rungu akandi kitwa Mwima.

Yavuze ko Umwami Mutara II Rwogera watwaye u Rwanda kuva mu 1830 kugeza mu 1853 yahinduye izina rya Rungu ahita Mushirarungu ubwo yari aje gutura ku musozi wa Mwima.

Ati “Aje gutura i Mwima noneho hakurya hari umusozi witwa Rungu, rero bavuga ko Umwami ataturana n’umusozi witwa Rungu, ahahindurira izina hitwa Mushirarungu.”

Kuri ubu Iryo zina ‘Mushirarungu’ ryahawe akagari uwo musozi uherereyo mu Mudugudu wa Kirwa mu Murenge wa Rwabicuma.

Kuri uwo musozi witwa Mushirarungu niho hagiye kubakwa Stade ya Nyanza izatwara agera kuri miliyari 146 Frw.

Umusozi wa Mwima wo uherereye mu Mudugudu wa Mwima akagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana. Ni ho hari Umuserezo w’Abami.

I Mwima hatabarije Umwami Mutara III Rudahigwa, Umwami Kigeli V Ndahindurwa n’Umwamikazi Rosalie Gicanda.

Ku musozi wa Mwima mu Karere ka Nyanza hari Umusezero w’Abami b'u Rwanda
Igishushanyo mbonera cya Stade ya Nyanza igiye kubakwa ku musozi wa Mushirarungu
Umusozi wa Mushirarungu uri hakurya y'uwa Mwima mu Karere ka Nyanza

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages