00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwihariko w’abanyeshuri bari mu biruhuko batojwe ibijyanye n’umuco nyarwanda (Amafoto)

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 22 December 2018 saa 05:20
Yasuwe :

Abanyeshuri bagera kuri 230 bari mu biruhuko bamaze iminsi batozwa umuco nyarwanda hagamijwe kuwusigasira no kuwumenyekanisha, bagaragaje umwihariko wo gukora ibikoresho bitandukanye n’imirimo yimakaza umuco gakondo.

Babigaragaje kuri uyu wa Gatanu ubwo hasozwaga igikorwa cyiswe “Twige, tumenye umuco wacu” bamazemo iminsi 10 bigishwa kandi batorezwa mu Ngoro Nkuru y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda iri mu Karere ka Huye.

Icyo gikorwa cyateguwe n’Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda hagamijwe gufasha abana bari mu birukuko kubona ibyo bahugiramo byiza ndetse no kubarinda gutwarwa n’imico mvamahanga.

Abo bana bagaragarije ababyeyi n’abayobozi ibyo bahamenyeye birimo kuboha ibyibo n’ibiseke, gusya, kwenga, gutaka, gufuma, kubumba, imbyino gakondo, kuvuza ingoma n’imikino njyarugamba.

Kimenyi w’imyaka 15 y’amavuko ati “Njye nahisemo kwiga gucuranga inanga kandi narabimenye. Numva bizamfasha nindangiza kwiga kuko nzashaka uko najya mbibyazamo amafaranga.”

Uwase Descenda w’imyaka 14 avuga ko yamenye gucunda amata no kubyina kandi yumva azakomeza kubyitoza buri gihe mu rwego rwo gusigasira umuco nyarwanda.

Umuyobozi Mukuru w’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda, Amb. Masozera Robert, yavuze ko bishimiye uko abo bana bitwaye n’ibyo bamenye ahamya ko bahavuye buzuye.

Ati “Ibyo bagaragaje bamenye byatweretse ko umwana uvuye hano wanyuze muri izi gahunda aba atandukanye cyane n’abandi bana batashoboye kuza hano kuko buriya dufite ikibazo cy’abana ureba inyuma ukabona ari abanyarwanda ariko imbere barafashe ibindi bitirano biturutse hirya no hino.”

Amb. Masozera yakomeje avuga ko igikorwa bateguye kigamije kurinda abana kugwingira mu bijyanye n’umuco.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko igikorwa cyateguwe n’Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda gifasha ababyeyi kurera neza kandi bacyitezeho umusaruro mwiza.

Ati “Usibye gutozwa umuco bahabwa n’izindi nyigisho zirimo kwirinda ingeso mbi n’ibiyobyabwenge; tubyitezeho umusaruro mwiza kuko turi gutegura abanyarwanda b’ejo hazaza beza.”

Ababyeyi bari bitabiriye icyo gikorwa bifuje ko iminsi 10 kimara yazongerwa, nabo biyemeza kuzajya bagura bimwe mu bikoresho bikorwa n’abana mu rwego rwo kubashyigikira.

Abana batojwe bagaragaje n’umwihariko wo gutaramira ababyeyi n’abayobozi mu mbyino, indirimbo, umurishyo w’ingoma, imikino yo gusimbuka urukiramende no gucyirana.

Abana bahawe umwanya basobanura uko bacunda amata n'uko bayabuganiza
Abayobozi bahaye abana amata mu rwego rwo kwimakaza umuco no kubatoza kuyakunda kuko arinda imirire mibi n'indwara ziyiturukaho
Abana bari mu biruhuka bagaragaje ko bamenye kubyina bya kinyarwanda kandi binogeye ijisho
Bataramiye ababyeyi babo babereka ibyo biza muri iki kiruhuko
Abana bari mu biruhuko bagaragaje ibyo batojwe birimo n'umukino wo gucyirana
Bimwe mu biseke byaboshywe n'abana bari mu biruhuko batorejwe mu Ngoro Nkuru y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda iri mu Karere ka Huye
Ibikoresho bitandukanye byabumbwe n'abana byamuritswe muri uyu muhango
Umuhanzi Eric Senderi yifatanyije n'abana bamaze iminsi batorezwa mu Ngoro Nkuru y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda iri mu Karere ka Huye
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko iki gikorwa bacyitezeho gufasha abana kumenya ibijyanye n'umuco nyarwanda
Umuyobozi Mukuru w’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda, Amb. Masozera Robert, yavuze ko bishimiye uko abo bana bitwaye n’ibyo bamenye

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .