00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanditsi b’Abanyarwanda bahawe umukoro ku Munsi Mpuzamahanga w’Igitabo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 May 2023 saa 12:12
Yasuwe :

Ku cyicaro Gikuru cy’Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda habereye Umunsi Mpuzamahanga w’Igitabo (World Book Day) no kwizihiza imyaka ine Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda rumaze rushinzwe.

Ibi birori byaranzwe n’ibikorwa birimo gukoresha amarushanwa yo gusoma no kwandika ibitabo mu Mashuri Abanza, Ayisumbuye na Kaminuza.

Ni umunsi witabiriwe n’abantu barenga 200 harimo abanditsi, abasobora ibitabo ndetse n’abanyeshuri; ibiganiro byibanze ku kamaro k’igitabo mu Iterambere ry’Igihugu.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’abasohora ibitabo "Rwanda Publishers Association(RWAPA), Mutesi Gasana, yasobanuye ko igitabo kidashobora gutera imbere no kugira akamaro mu gihe nta politiki y’igitabo ihari.

Yasabye abanditsi kwitinyuka bakandika ibitabo byubaka u Rwanda ndetse n’Afurika, anashimangira ko igitabo kibika amateka n’indangagaciro byo musingi w’iterambere rirambye.

Perezida w’Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda, Hategekimana Richard, yashimiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame ko yahaye Urubuga ntagereranywa abanditsi b’u Rwanda abasaba ko ayo mahirwe bayabyaza umusaruro.

Yakomeje avuga ko umunsi mukuru nk’uyu ufasha abanditsi mu gusubira ku isoko bagatekereza uruhare rwabo mu kubaka u Rwanda ndetse no kwihuta mu iterambere binyuze mu bitabo.

Hategekimana yasabye Abanyarwanda bose gukunda gusoma ibitabo n’abanditsi bagashyira imbaraga n’umwete mu kwandika ibitabo nibura buri mwaka buri wese akandika kimwe cyangwa ibirenzeho.

Yijeje abanditsi ko politiki y’igitabo itazatinda kuko impamvu yayo yumvikana kandi ababishinzwe bakaba babifite muri gahunda.

Kuri uyu munsi hanatangijwe ku mugaragaro gahunda yiswe"Ubudasa Book Award" aho abanditsi ndetse n’abandi bagira uruhare mu guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika ibitabo bashimiwe.

Visi Perezida w’Umuryango Panafrican Movement Ishami ry’u Rwanda Dr.Twagirimana Epimaque, yashimiye Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda uruhare bagira mu guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika ibitabo.

Uyu munsi mukuru waranzwe no kumurika ibitabo by’abanditsi ndetse no gusura imurika ry’ibikorwa by’Abanditsi.

Mme Mugabo Laetitia ahabwa Igihembo kiswe"Ubudasa Book Award@
Umwanditsi Gasake Augustin ashyikirizwa igihembo
Abitabiriye ibi birori bagize umwanya wo gusabana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages