00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamuritswe igitabo kivuga ibigwi n’ubuzima bya Tito Rutaremara (Amafoto)

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha
Kuya 1 October 2023 saa 10:29
Yasuwe :

Igitabo ‘Hon Dr Tito Rutaremara, Inkotanyi cyane Ntatezuka’ kivuga amateka n’ubuzima bw’inararibonye Tito Rutaremara, cyamuritswe, ashimirwa umusanzu yatanze mu nzira yatumye u Rwanda rubohorwa.

Iki gitabo cyanditswe na Hategekimana Richard, cyamuritswe kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Nzeri muri Intare Arena i Rusororo.

Muri uyu muhango witabiriwe cyane, hasobanuwe amateka yaranze ubuzima bwa Tito Rutaremara haba ubuzima bwe bwite ndetse n’ubwa Politiki, dore ko ari umwe mu batangije umuryango FPR Inkotanyi wagize uruhare mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kubohora u Rwanda.

Uyu muhango kandi wahujwe n’uwo guhemba abanyeshuri biga muri za Kaminuza bahize abandi mu marushanwa yo gusoma ibitabo bitandukanye, hagamijwe guteza imbere umuco wo kwandika no gusoma mu Rwanda.

Hategekimana Richard yavuze ko yanditse iki gitabo ku buzima bwa Tito Rutaremara, nyuma yo kuganira na we agasanga ari umwe mu banyabigwi b’inyangamugayo u Rwanda rufite.

Yavuze ko no mu gihe yamukoragaho ubushakashatsi, benshi bamugaragaje nk’umuntu utuje kandi w’umunyabwenge.

Ati “Benshi icyo bahuriyeho ni uko Tito Rutaremara ari umugabo ushoboye ariko unashobotse. Afite ubumenyi n’indangagaciro nzima, agashyigikira ukuri. Hari abandi bantu tujya tugira ukabona barwanya ibyiza, Tito we rero ni wa muntu ukunda ibyiza akabishyigikira, agashyigikira abakora neza.”

Ubuhamya bwatanzwe kuri Tito bunagaragara mu gitabo harimo ubw’ubuzima bwe muri politiki nk’ibijyanye n’urugamba rwo kubohora u Rwanda, ubuzima bwe bwite nk’ibijyanye n’urushako, abana n’ibindi.

Hategekimana yavuze ko yizeye ko iki gitabo kizafasha abato gukura bitwara mu buryo butuma u Rwanda rukomeza kuba ubukombe.

Ati “Abakiri bato birabigisha kurangwa n’indangagaciro nziza zirimo kuba umuntu nyamuntu, gukura bakunda igihugu n’abanyarwanda byose bigamije iterambere ry’u Rwanda.”

Tito Rutaremara yavuze ko kuba hasohotse igitabo kivuga ku buzima bwe ari byiza, kuko bifasha abandi gukurikiza inzira nziza yatumye igihugu kigera aho kigeze ubu.

Ati “Amateka y’igihugu ni ay’abantu bose, buriya ni nayo mpamvu nshima bariya bandika ibyo bagiye banyuramo muri Jenoside kuko buriya ibyo buri wese yanyuzemo sibyo undi yanyuzemo. Iyo usomye ubuhamya bwa buri umwe nibwo wumva ibyabaye mu Rwanda.”

“Ni kimwe n’ubuzima busanzwe. N’iyo yaba ari umunyeshuri wize akarangiza akerekana ingorane yanyuzemo agatera imbere, cyangwa akagera aho ananiwe […] niyo makuru y’igihugu. Uyafite ku bantu benshi bikwereka uko igihugu gihagaze.”

Umubyeyi witwa Cécile wagize uruhare mu gufasha Tito Rutaremara kurera benshi mu bana b’imfubyi babaga babayeho nabi, yamuvuze ibigwi, agaragaza ko ari ishema kuba yanditsweho igitabo.

Ati “Nshimire uyu mwanditsi ko yakoze icyo abandi batabashoje gukora, yakoze byinshi byiza, yatuvugiye ibyo tutashobora kuvuga. Uyu ni umuntu mwiza cyane, kuko kugira ngo muntu nkanjye aze nyuma ya jenoside yabuze abana, yongere amureme yarakoze cyane.”

Iki gitabo ‘Hon Dr Tito Rutaremara, Inkotanyi cyane Ntatezuka’ cy’amapaji asaga 400, cyatangiye kugurishwa mu nzu zicuruza ibitabo hirya no hino muri Kigali.

Abantu batandukanye bari bitabiriye
Umuhanzi Mariya Yohana ari mu bitabiriye imurikwa ry'iki gitabo
Umuyobozi Mukuru w'Inama y'amashuri makuru na za Kaminuza (HEC), Dr Rose Mukankomeje yari ahari
Umuhanzi Mariya Yohana ahabwa umwanya muri uyu muhango
Tito Rutaremara yagaragaje ko kwandika amateka ari ingenzi ku buzima bw'igihugu
Umunyamakuru Barore Cleophas ari mu bayoboye ibiganiro
Hategekimana Richard yatangaje ko kimwe mu byatumye yandika kuri Rutaremara, ari indangagaciro nziza yamubonyemo zabera abandi urugero
Aha Barore yabazaga Hategekimana ibibazo bitandukanye kuri iki gitabo
Uyu muhango wabereye kuri Intare Arena i Rusororo
Mbonimana Gamariel ari mu bitabiriye uyu muhango
Umunyamakuru Barore ubwo yari ayoboye ikiganiro
Dr Muligande Chales yaje mu imurikwa ry'igitabo kivuga ku buzima bwa Tito Rutaremara
Abarimo Rucagu Boniface (ibumoso) bari baje mu imurikwa ry'iki gitabo
Iki gitabo cy'amapaji asaga 400 cyageze ku isoko
Tito Rutaremara yashimiwe umuhate we mu gushyigikira ubwanditsi mu Rwanda
Aha Tito Rutaremara yaganiraga n'umwe mu bo yigishije mu mashuri mu myaka yo hambere
Zeno Mutimura umwe mu batangiranye Politiki na Tito Rutaremara yamuvuze ibigwi
Rutaremara asuhuza Prof Rwigamba Balinda wari witabiriye
Nsanzabaganwa Modeste akurikiranye imurikwa ry'iki gitabo kivuga ku buzima bwa Tito Rutaremara
Imiryango itandukanye ikora ku bijyanye n'uburezi by'umwihariko mu gushishikariza abato gusoma, yashimiwe
Dr Kabera Callixte uyobora East African University Rwanda ashyikiriza umwe mu bashimiwe icyemezo cy'ishimwe
Prof Rwigamba Balinda ashyikiriza icyemezo cy'ishimwe umwe mu bashimiwe
Urubyiruko rwahize urundi mu bijyanye no gusoma ibitabo rwashimiwe

Amafoto: Kwizera Herve


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages