Ni amarushanwa yo gusoma no kwandika ibitabo byanditswe mu rurimi rw’Ikinyarwanda bitoza Indangagaciro na kirazira mu Iterambere ry’u Rwanda na Afurika.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda, Hategekimana Richard, yavuze ko icyiciro cya mbere cy’ayo marushanwa cyagenze neza kuko hitabiriye amashuri makuru na za Kaminuza umunani.
Ati “Amarushanwa muri rusange yagenze neza, abanyeshuri bakaba barishimiye amasomo akomeye bigiyemo yuje indangagaciro na kirazira mu iterambere ry’u Rwanda.”
“Abanyeshuri cyane cyane abiga muri Kaminuza y’u Rwanda n’abandi bagaragaje imbogamizi y’uko mu masomero yabo nta bitabo bibamo byanditswe mu rurimi rw’Ikinyarwanda, ibyo bikaba byaratumye hamwe na hamwe bafotora ibitabo by’Abanditsi.”
Ibitabo byifashishijwe muri aya marushanwa ni ibyanditswe mu Kinyarwanda kandi by’Abanyarwanda birimo ibigaruka ku ndangagaciro zikwiye kuranga Abanyarwanda, ibishishikariza Abanyarwanda kwigira, ibigaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibishishikariza abantu kwihangira umurimo n’ibindi.
Hategekimana yavuze ko hari kaminuza zimwe zitabashije kwitabira ahanini bitewe n’uko amarushanwa yateguwe mu Kinyarwanda, ibintu anenga akavuga ko nabyo bisa nk’ubukoloni bukiri muri bamwe ntibahe agaciro ibyabo.
Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda ruvuga ko rushaka gukora ubukangurambaga mu banyeshuri bose haba abiga mu Mashuri Abanza, Ayisumbuye na Kaminuza, gukunda ururimi rw’Ikinyarwanda ndetse bagakunda n’ibitabo byanditswe mu rurimi rw’Ikinyarwanda.
Biteganyijwe ko amarushanwa yo gusoma muri za Kaminuza azasozwa tariki 15 Kanama 2023 ari nabwo hazahembwa abahize abandi.
Ibihembo bizatangwa birimo amafaranga, amagare, Imidari, Ibikombe, ibitabo, ibyemezo by’Ishimwe n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!