Ni igitabo yise “Lead Your Way Up: How To Be A Leader At Any Level’’ kigamije kwereka inzira abashaka kuba abayobozi b’ejo hazaza, banyuramo ikabafasha gukabya inzozi zabo mu buryo bufatika.
Cyamuritswe ku wa Gatanu tariki 20 Ukwakira muri Kigali Convention Centre mu Mujyi wa Kigali. Kiri mu rurimi rw’Icyongereza.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Iris Irumva yavuze ko kwandika iki gitabo byaturutse ku kuba yaragiye aba umuyobozi abantu bagashaka ko abasangiza ibanga yagiye akoresha.
Ati “Kwandika iki gitabo byaturutse ku kuntu abantu bambazaga uko nageze ku nshingano z’ubuyobozi mfite. Kuko nasanze byari kuba ingirakamaro mu gutanga inama, kubera ko benshi baba badafite ibyo bareberaho. Nanjye mfite abo ndeberaho. Niyumvisemo kuba natanga uwo musanzu ku bayobozi bato b’ahazaza.’’
Igice cya mbere cy’iki gitabo ni icyo gukangura imitekerereze y’umusomyi, icya kabiri gufasha umusomyi kumenya ibijyanye no kwiyobora we ubwe ndetse icya gatatu kikaba ugufasha umusomyi kumenya ko ubuyobozi bushobora kumutangiriraho ariko akamenya ko burangirira ku wundi muntu.
Iki gitabo Irumva yacyanditse mu mwaka umwe ariko atinda kugishyira hanze kubera imbogamizi zitandukanye.
Ati “Ni bya bindi umuntu atangira akagira ibindi bimugora, ariko byamfashe umwaka kucyandika. Ikindi nagiye mpura n’izindi mbogimizi zo kutiyizera neza ubwo nacyandikaga ntekereza ku bantu bazasoma ibyo nanditse. Ubu ngiye kugishyira hanze hashize imyaka ibiri.”
“Kubera ko uba uzi inkuru yawe ukumva ntabwo yanditse neza. Nk’Abanyafurika ntabwo biri muri twebwe kwandika cyane. Uba wandika ariko muri wowe ufite kwinegura, kuko njye nta bantu banditse ibitabo navugaga ko nabaza uko babigenje. Iyo uzi ko uri uwa mbere utangiye gukora ikintu uba uzi ko uzanengwa mu buryo butandukanye. Bishobora gukundwa cyangwa ntibikundwe, byose ubitekerezaho.’’
Yakomeje avuga ko inkuru itagaruka ku buzima bwe gusa ahubwo ijya mu ngeri zitandukanye z’ubuzima, cyane ko asanzwe afasha abantu bashaka kugera ku rundi rwego kugira ngo bamenye uko bashobora kugera kure.
Mu kwandika igitabo cye, Irumva yagaragaje ko muri iki gitabo yagiye yifashisha ingero z’ibyo avuga kugira ngo byorohere abantu kubyumva.
Ati “Izo ngero zirimo nk’uko njye natangiye numva ntashobora kuba umuyobozi kuko muri Afurika dutekereza ko kuba umuyobozi ugomba kuba uri umuntu ukaze, ukumva ko ari umuntu munini ushobora kwinjira mu cyumba runaka abantu bakaba bamwubaha ariko njyewe rero nk’abagore, abantu bato bato urinjira mu bintu abantu bagatangira kugaragaza ko udashoboye n’ibyo nashakaga kwerekana ko ubuyobozi ari imitekerereze.”
Ashishikariza Abanyafurika kwandika inkuru nyinshi ndetse akizeza ko nyuma y’iki gitabo hazasohoka ikindi kivuga ku buyobozi bw’abagore.
Iris Irumva ni umugore umaze gukorera mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda, Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tanzania n’ibindi. Yakoranye n’amasosiyete atandukanye muri Afurika y’Uburasirazuba ndetse muri ayo yagiye anyuramo ari umuyobozi w’abantu barenga 1000.
Ubu ni umuyobozi wa sosiyete ya Lead Acces ifasha abashaka kuba abayobozi kugera ku nzozi zabo. Ushaka kugura iki gitabo kuri internet wanyura aha https://a.co/d/g08I4Ql
Amafoto: Kasiro Claude



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!