Ni umuhango uzabera kuri Hilltop Hotel tariki 8 Ukuboza 2023 guhera saa munani z’Amanywa.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda, Richard Hategekimana yavuze ko kaminuza zizahembwa ari izaguze nibura ibitabo 50 byanditswe mu rurimi rw’Ikinyarwanda mu myaka ibiri ishize.
Hazahembwa kandi abanyamakuru bateje imbere umuco wo gusoma ibitabo uyu mwaka, ibigo by’amashuri yisumbuye byagaragaje urukundo rw’ibitabo byibura bakagura ibitabo 20 mu mwaka umwe.
Hazahembwa kandi abanditsi b’Abanyarwanda bagerageje kwandika ibitabo byinshi mu myaka ibiri ishize. Hazahembwa kandi inzu zisohora ibitabo, izibigurisha n’amasomero bifasha mu iterambere ry’uruganda rw’igitabo mu Rwanda.
Hategekimana yagaragaje ko umuco wo gusoma ibitabo no kubyandika mu Rwanda ukiri hasi, ahanini bitewe n’uko amashuri adashyira imbaraga mu kugura ibitabo cyane cyane ibyanditse mu Kinyarwanda, kandi aribwo buryo bwiza bwo gukundisha Abanyarwanda ibyabo no guhesha agaciro urwo rurimi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!