Ni igitabo cyasohokeye mu Bufaransa mu nzu ifasha abanditsi gukosora no gusohora ibita byabo, izwi nka Éditions Baudelaire iherereye i Paris.
Iki gitabo Mvuyekure yacyanditse ubwo Covid-19 yageraga mu Rwanda, ashingira ku byo yabonye n’ibyo yumvise byavugwaga kuri iki cyorezo cyayogoje Isi.
Igitabo gitangira kivuga uburyo abantu binjiye mu mwaka mushya wa 2020 banezerewe, bibwira ko ari umwaka w’impinduka ziganisha aheza, nyamara bagatungurwa nyuma y’amezi abiri gusa batangiye gusabwa kuguma mu nzu, ibintu benshi bari babonye bwa mbere kuva babaho.
Igitabo ‘Le Petit Monstre’ cyanditse mu buryo bw’ibarankuru mpimbano, ariko kikavuga ibyabayeho mu myaka ibiri yose Covid-19 imaze ihangayikishije Isi.
Mvuyekure usanzwe ari umwalimu i Karongi, yabwiye IGIHE ko yishimiye kuba igitabo cye cyarasohotse dore ko ari nacyo cya mbere kigiye hanze, gusa akavuga ko byabaye urugendo rukomeye kuko byamusabye gufata amadeni muri banki.
Ati "Nubwo nkibonye cyarasohotse, intambara ikomeye igihari n’ ukwishyura imyenda y’amabanki abiri. Bimbereye irindi hurizo, kuko uburenganzira bw’umwanditsi buzangeraho bitinze, kurindira umwaka wose uhereye igihe igitabo gisohokeye."
Mvuyekure yizeye ko iki gitabo gishya ari urwibutso ku bariho n’abazaza ku bihe bigoye isi yanyuzemo mu gihe cya Covid-19, n’ibibazo yasize bizakomeza kuzonga isi uko ibihe bizagenda bisimburana.
Kugeza ubu iki gitabo cy’amapaji 236 kiri kugurishwa mu Bufaransa ku mayero 19,50.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!