Abanyarwanda bari mu mahanga, cyane cyane ku mugabane w’u Burayi, bakomeje guteza imbere umuco nyarwanda no kurata ibyiza bitatse u Rwanda binyuze mu bitaramo. Bibabera umwanya wo kwerekana imbyino n’umuziki nyarwanda kandi kikitabirwa n’abantu batari bake barimo abanyarwanda n’abanyamahanga.
Tariki ya 21 Kanama i Bruxelles mu Bubiligi, habereye igitaramo ndangamuco cyateguwe na Karirima Ngarambe Aimable afatanyije na Muyango n’Imitari. Cyitabiriwe n’itorero Irebero rigizwe rigizwe n’abamwe mu bahanzi bazwi mu ndirimbo z’inyarwanda nka Suzanne Nyiranyamibwa, Nyiratunga Alphonsine, Majyambere Gustave bari kumwe n’intore n’ababyinnyi bose bagize iryo torero.
Nk’uko Karirima Ngarambe Aimable yabitangaje mu kiganiro na IGIHE, iki gitaramo cyateguwe mu rwego rwo guteza imbere umuco Nyarwanada. Agira ati «N’ubwo turi mu mahanga, ntitwiyambura umuco w’igihugu cyacu. Igitaramo nk’iki kidufasha gukomeza gusigasira umuco nyarwanda, tukawigisha abato kandi tukawuratira abatawuzi. Abanyamahanga basanzwe bazi u Rwanda, turarubakumbuza. »
Ambasaderi Masora Robert uhagarariye u Rwanda mu Bubiligi wari witabiriye icyo gitaramo, mu ijambo rye yashimiye akazi gakomeye Abahanzi bakora, babera u Rwanda aba Ambasaderi beza babicishije mu bihangano byabo. Avuga ko na we iyo yitabiriye igitaramo nk’icyo byongera kumuha ishusho y’u Rwanda. Agira ati « Muyango n’igicumbi cy’umuco; iyo nkumvise uririmba, uhita unkumbuza u Rwanda.»
Uretse Abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bubiligi, icyo gitaramo cyanitabiriwe n’abanyamanga bakunda umuco nyarwanda.



















TANGA IGITEKEREZO