00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kibasumba Confiance yakoze igitaramo kidasanzwe cyahurije hamwe abasizi (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 20 October 2024 saa 01:27
Yasuwe :

Umusizi Kibasumba Confiance yahurije hamwe abasizi batandukanye bamaze kubaka izina mu Rwanda, ndetse n’abahanzi b’indirimbo mu gitaramo cyishimiwe na benshi.

Ni igitaramo cyabereye muri Camp Kigali. Kibasumba yabwiye IGIHE ko yatekereje iki gitaramo ashaka kwerekana uruhare rwe mu busizi. Yavuze kandi ko icyo yungukiyemo ari uko ari igitaramo cya mbere yari ateguye.

Ati “Icya mbere nize cyangwa se nungutse ni uko ari igitaramo cya mbere nari nteguye kandi nkabona abantu b’ingenzi cyane mu buryo ntatekerezaga. Nasanze nzi kubana kandi namenye ko nshoboye.”

Iki gitaramo cyahurirayemo abandi basizi barimo Carine Poet, Umusizi Tuyisenge, Karire, Abazisi na Natacha. Hari kandi abaririmbyi nka Racine ndetse na Nyirinkindi.

Kibasumba ku rubyiniro yafashijwe n’itsinda rya Baho Africa ririmo Nina Salim na Ndatimana Fabrice.

Aba bose banyuze ku rubyiniro bagenda bagaragaza ubuhanga bwabo mu bihangano bitandukanye.

Nk’Abazisi banyuze ku rubyiniro ari abasore batatu baterana ubuse bahatanira umukobwa umwe, aba basore banyuze benshi biturutse ku kuntu umwe yatera undi akamwikiriza amusubiza amagambo amusenya kugira ngo yegukane undi mukobwa undi akaza ari uko gutyo gutyo.

Carine Poet yashimishije benshi na we mu gisigo yise “Ndi Africa”. Muri iki gisigo kimaze imyaka ibiri uyu mukobwa yumvikana agaragaza ukuntu Africa ikwiriye kubahwa n’ubwo hari bamwe bakunze kwirengagiza ibyiza uyu mugabane ufite bagahora bareba ibibi byawo.

Ati “Ariko njye ndatera njye nkaniterwa ariko njye njya numva bamwe bashyenga ngo amadorali ari guca ibintu, ari guca ibintu baba gica? Intambaro zabo z’urudaca ngo zahameze nk’uruyuzi.”

Uyu mukobwa yanavuze igisigo yise ‘Nta Bwoba’. Aho yishyira mu mwanya w’umukobwa wakunze umusore benda kurushinga, ariko akagira impungenge z’ibyo yamwumviseho ko yaba yarahisemo kurushinga ashaka kumwikingaho.”

Umusizi Tuyisenge we yavuze ibisigo birimo icyo yise “Ninjya kuba imbwa” cyasekeje benshi. Muri iki ngiki aba agaragaza ukuntu agiye kuba imbwa kubera ububi bw’ibintu byinshi abona ku isi.

Ikindi gisigo yakoze ni icyitwa “Indaya” aho avuga ku ndaya, ariko anazikebura. Ibi bisigo bye byose biri kuri album yise “Inkuru y’Ikimenamutwe”.

Umusizi Kibasumba Confy, na we yagiye ku rubyiniro ubugira kabiri. Uyu mukobwa mu bisigo yakoze harimo icyo yise “Masisi”. Aho yishyira mu mpunzi zaturutse mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akagaragaza ibyo bakumbuye.

Umusizi Tuyisenge yasekeje benshi mu gisigo yise 'Ninjya kuba imbwa'
Rumaga ni umwe mu bari baje gushyigikira Kibasumba
Racine yafatanyije na Kibasumba mu gisigo bahuriyemo bise 'Amahitamo'
Nyirinkindi ni umwe mu bataramiye abari bitabiriye iki gitaramo
Kibasumba yavuze igisigo yise 'Ndarambiwe', kigaruka ku bibazo bitandukanye byugarije isi bituma benshi biheba
Kibasumba ubwo yavugaga igisigo yise 'Rukundo'
Kibasumba yahawe impano y'ishusho ye
Karire ni umwe mu banyempano mu busizi bigaragaje
Hano Kibasumba yari ari kuvuga igisigo yise Masisi
Inanga ya Mushabizi yifashishijwe muri iki gitaramo
Hakinwe imikino itandukanye igaruka ku buzima bwa buri munsi abantu babamo
Carine Poet yashimishije benshi mu bisigo bye byuzuye inyigisho
Abazisi ni bamwe mu bafatanyije na Kibasumba mu gitaramo cye
Mucyo Jackson utegura Rwanda Movie Awards ni umwe mu bari bitabiriye iki gitaramo
Muyoboke Alex yari yaje muri iki gitaramo

Amafoto: Rugamba David


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages