00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri ba Green Hills Academy bakoze urugendo rwo kwiga amateka y’u Rwanda

Yanditswe na

Olivier Rubibi

Kuya 16 December 2013 saa 11:05
Yasuwe :

Amateka y’u Rwanda avuga ko isoko y’u Rwanda ari ku musozi wa Gasabo, uherereye mu kagari ka Nyakabande Umurenge wa Rutunga akarere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali. Kuri uyu musozi niho umuntu yakwita nko ku isoko ry’u Rwanda, aho rwahereye rwaguka kugeza uko rwanganaga mbere yo kugabanywa rukangana uko turubona uyu munsi. Ndetse aho niho hanavuye imvugo igira iti: “U Rwanda rwa Gasabo”.
Mu rwego rwo kumenya amateka y’u Rwanda, abanyeshuri barangije mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye (…)

Amateka y’u Rwanda avuga ko isoko y’u Rwanda ari ku musozi wa Gasabo, uherereye mu kagari ka Nyakabande Umurenge wa Rutunga akarere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali.

Mu kwerekeza i Rutunga ku gasozi ka Gasabo, urugendo rurerure rwakozwe ku maguru

Kuri uyu musozi niho umuntu yakwita nko ku isoko ry’u Rwanda, aho rwahereye rwaguka kugeza uko rwanganaga mbere yo kugabanywa rukangana uko turubona uyu munsi. Ndetse aho niho hanavuye imvugo igira iti: “U Rwanda rwa Gasabo”.

Mu rwego rwo kumenya amateka y’u Rwanda, abanyeshuri barangije mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye mu mashami atandukanye, muri Green Hills Academy, basuye umusozi wa Gasabo ku isoko y’u Rwanda.

Muri uru rugendo, abanyeshuri basobanuriwe uko u Rwanda rwagiye rwaguka aho baganirijwe n’umusaza Gashumba Elie, wavutse mu mwaka 1920. Gashumba yavuze ko u Rwanda rwagiye rwaguka kubera ibitero abami b’u Rwanda bagenda bagaba bakigarurira uduce dutandukanye tw’izari izindi mpugu ubu hakaba ari mu Rwanda.

Uru rugendo rw’aba banyeshuri barangije amashuri yisumbuye kandi, rwanaranzwe n’imikino itandukanye yo mu muco w’Abanyarwanda nko kwivuga, imbyino nyarwanda, umukino wo kubuguza, kunyabanwa, ibisakuzo, ibihozo n’ibindi…

Muzirankoni Godiose, umwarimu w’ikinyarwanda muri Green Hills Academy, yavuze ko ababyeyi bakwiye gufata akanya bakaganira n’abana babo kuri bimwe biranga umuco nyarwanda.

Muzirankoni yakomoje ku mugani w’ikinyarwanda ugira uti: “Utaganira nase nta menya icyo Sekuru yasize avuze.”; “Umurunga w’iminsi ni umurimo” maze avuga ko aya ari amwe mu magambo abwirwa umwana yazanasaza agakomeza ayazirikana no mubuzima bwe.

Umutonu Yamanda umwe mu bana urangije umwaka wa gatandatu muri Green Hills akaba yavuze ko yungukiye byinshi muri uru ruzinduko, cyane nko kuba abashije kwigerera aho urwanda rwahereye rwaguka. Ati: “Najyaga mpumva mu mateka, ariko kuri uyu munsi menye byinshi.”

Umuyobozi wa Green Hills Academy, Ron Wallace, yashimiye abari bitabiriye
iki gikorwa cyo gusura isoko y’u Rwanda, agira ati: “Iyi ni inzira nziza yo kumenya amateka y’u Rwanda no kuzirikana aho abantu bavuye n’aho bageze, ndetse bikabatera ubushake bwo gukomeza gukora neza.

Kagenza Gaspard, umuyobozi wungirije w’ishuri Green Hills, yavuzeko iki ari igikorwa kizajya kiba buri mwaka mu rwego rwo gufasha abana b’Abanyarwanda n’abanyamahanga, kumenya amateka yaranze u Rwanda.

Ati: “Ibi bizafasha abana gukunda igihugu, kuburyo umwana najya no kwiga hanze azajya arangwa no gukunda igihugu.”

Amateka avuga ko u Rwanda rwavuye i Gasabo rukaguka kuruta n’uko rungana ubu kuko rwaje kugabanywa n’abakoroni mu mwaka 1882, ibice bimwe bikomekwa ku bihugu bihana imbibe n’u Rwanda kuri ubu ahanini nta kindi kigendeweho uretse imiterere ishingiye ku migezi irugose kuri ubu.

Izina u Rwanda ryo, abanyamateka bavuga ko rikomoka ku nshinga kwaanda bivuga kwaguka cyane kuko u Rwanda ari igihugu cyahereye ku gasozi kamwe ka Gasabo eukagenda rwaanda cyangwa rwaguka rukaba rugali.

Aha bari bageze i Gasabo babanza guhagarara ngo bitegereze banifotoreze kuri iki kigabiro gihari kuko batangajwe n'ubunini bwacyo
Aba banyeshuri ba Green Hills n'abarimu babo bishimiye cyane kwifotoreza ku kigabiro kiri ku musozi ahavugwa ko ariho ku ntango y'u Rwanda
Imbyino nyarwanda, ibyivugo, n'ibihozo byaranze uyu munsi w'urugendo rw'amateka ku banyeshuri barangije muri Green Hills
Uyu musaza witwa Eliya Gashumba yaganirije aba banyeshuri ibyerekeye n'amateka y'u Rwanda uko ayazi nawe yagiye abihabwa n'abakurambere be
Mbere yo gutangira gusobanurirwa mateka y'u Rwanda Habanje kuririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages