Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangazo rimenyesha abaherutse kwiyandikisha bifuza kwinjira mu Ngabo z’Igihugu ko bazakorera ibizamini mu Turere twabo.
Iryo tangazo ryashyizweho umukono mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ u Rwanda na Lt Col Cooper Mike MUJUNI, Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Abakozi n’Amategeko, risobanura ko abazajya gukora ibizamini bagomba kwitwaza indangamuntu, bakubahiriza igihe cyatanzwe.
Nk’akandi kazi ka Leta, RDF yari yatanze itangazo mu Kwakira risasaba abifuza kwinjira mu gisirikare kwiyandikisha.
Hemererwaga abari hagati y’imyaka 18 na 23, bize byibuze amashuri atatu yisumbuye, bakaba ari Abanyarwanda, ari inyangamugayo, bafite ubuzima buzira umuze, batarigeze banafungwa.
Amatariki n’ahantu hazakorerwa ibizamini



















TANGA IGITEKEREZO