00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yatsinze APR FC yicara ku mwanya wa mbere

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 23 March 2014 saa 05:31
Yasuwe :

Rayon Sports yatsinze APR FC ibitego 2-1 ku munsi wa 21 wa Turbo King National Football League iyobora shampiyona mu gihe hasigaye imikino itanu, Rayon Sports inganya na APR FC amanota 49 ikayirusha ibnitego 2 izigamye.
Uyu mukino Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA) ryari ryashatse ko usubikwa ariko Rayon Sports irabyanga, kugezaho yavugaga ko udakinwe yava muri shampiyona.
Rayon Sports yinjiye mu mukino yotsa igitutu APR FC bituma ku munota wa 13, Mwiseneza Djamal atsinda (…)

Rayon Sports yatsinze APR FC ibitego 2-1 ku munsi wa 21 wa Turbo King National Football League iyobora shampiyona mu gihe hasigaye imikino itanu, Rayon Sports inganya na APR FC amanota 49 ikayirusha ibnitego 2 izigamye.

Uyu mukino Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA) ryari ryashatse ko usubikwa ariko Rayon Sports irabyanga, kugezaho yavugaga ko udakinwe yava muri shampiyona.

Rayon Sports yinjiye mu mukino yotsa igitutu APR FC bituma ku munota wa 13, Mwiseneza Djamal atsinda igitego cya mbere nyuma yo guherezwa umupira mu ruhande rw’imoso kuko abakinnyi ba APR FC bari bazamutse.

Bidatinze APR FC yahise yibuka vuba, Rusheshangoga Michel ateye umupira Ndahinduka Michel awuboneza n’umutwe mu izamu rya Ndayishimiye Jean Luc "Bakame."

Mbere yo kujya kuruhuka, Sibomana Abouba yahaye icyizere abafana ba Rayon Sports ko yatwara amanota atatu y’uyu munsi,atsinfda igitego cyatuma yicara ku mwanya wa mbere mu gihe hasigaye iminsi itanu ya shampiyona.

Ni umwe mu mikino uhuje aya makipe ukarebwa n’abafana bake kuko sitade yarimo ubusa, saa saba amatike ibihumbi birindwi yari yagenwe yarangiye nyamara bigaragara ko sitade irimo imyanya.

Umutekano wari wabaye ikibazo kugira ngo uyu mukino usubikwe wari wakajijwe n’umubare mwinshi w’abashinzwe kuwubungabunga kuko abafana bari bashyiriweho ahantu henshi batagomba kurenga.

Rayon Sports ifashe umwanya wa mbere n’amanota 49 inganya na APR FC ikaba izigamye ibitego 25 mu gihe APR FC ifite 23.

Umukino ubanza wa shampiyona, APR FC yari yatsinze Rayon Sports igitego 1-0, mu myaka itandatu ishize nta kipemuri aya yashoboye gutsinda imikino ibiri ikurikirana.

Gutsindwa uyu mukino bitumye APR FC itakaza ishema ryo kuba ariyo kipe muri shampiyona yari yarinjijwe ibitego bike, umwanya wafashwe na AS Kigali yinjijwe 11.

Biracyashoboka ko aya makipe yakongera guhura muri uyu mwaka w’imikino muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro.

Indi mikino y’umunsi wa 21 yabaye

Etincelles 1-1 Gicumbi -Sitade Umuganda

Amagaju 2-0 Espoir -Nyamagabe

Musanze 2-1 Marines -Musanze

AS Muhanga 1-2 Kiyovu Sports-Muhanga

Police 2-0 Mukura VS -Kicukiro

Mbere y’uko umukino utangira

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages