00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kugurira amakipe ngo yitsindishe bimaze kuba icyorezo-Europol

Yanditswe na

Emmanuel Kanamugire

Kuya 5 February 2013 saa 08:04
Yasuwe :

Igipolisi cyo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Europol, kiratangaza ko gifite amakuru y’impamo avuga ko habayeho ibikorwa byinshi byo kugurira abakinnyi cyangwa abasifuzi kugira ngo umukino urangire nkuko byifuzwa, bikaba byarabaye mu mupira w’amaguru mu Burayi n’ahandi henshi ku isi.
Nk’uko BBC yabitangaje, Europol ivuga ko iperereza rihuriweho na Polisi zo mu bihugu hafi ya byose ku isi, ryasanze hari imikino igera kuri 400 ikekwaho kuba yarabayemo ruswa ku mugabane w’u Burayi, (…)

Igipolisi cyo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Europol, kiratangaza ko gifite amakuru y’impamo avuga ko habayeho ibikorwa byinshi byo kugurira abakinnyi cyangwa abasifuzi kugira ngo umukino urangire nkuko byifuzwa, bikaba byarabaye mu mupira w’amaguru mu Burayi n’ahandi henshi ku isi.

Nk’uko BBC yabitangaje, Europol ivuga ko iperereza rihuriweho na Polisi zo mu bihugu hafi ya byose ku isi, ryasanze hari imikino igera kuri 400 ikekwaho kuba yarabayemo ruswa ku mugabane w’u Burayi, n’indi 300 iboneka muri Afurika, Aziya na Amerika y’Amajyepfo.

Iyi nkuru ivuga ko muri iyo mikino harimo iyo guhatanira gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi n’igikombe cy’u Burayi.

Imikino yabayemo ruswa ntiratangazwa kuko iperereza rigikomeje.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages