00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ku nshuro ya mbere Chelsea yegukanye igikombe cya Champions League

Yanditswe na

Maisha Patrick

Kuya 20 May 2012 saa 12:47
Yasuwe :

Mu mateka bwa mbere ikipe ya Chelsea itwaye igikombe cya Champions League itsinze ikipe yahabwaga amahirwe yo kwegukana iki gikombe ariyo Bayern Munich yo mu gihugu cy’u Budage.
Ni kuwa gatandatu ku mukino wa nyuma wahuzaga ikipe ya Chelsea na Bayern Munich umukino wabereye ku kibuga cya Bayern ahitwa Allianz Arena.
Ikipe ya Bayern niyo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe n’umukinnyi Thomas Müller ku munota wa 83, ku munota wa 88 nibwo ikipe ya Chelsea yahise yishyura igitego (…)

Mu mateka bwa mbere ikipe ya Chelsea itwaye igikombe cya Champions League itsinze ikipe yahabwaga amahirwe yo kwegukana iki gikombe ariyo Bayern Munich yo mu gihugu cy’u Budage.

Ni kuwa gatandatu ku mukino wa nyuma wahuzaga ikipe ya Chelsea na Bayern Munich umukino wabereye ku kibuga cya Bayern ahitwa Allianz Arena.

Ikipe ya Bayern niyo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe n’umukinnyi Thomas Müller ku munota wa 83, ku munota wa 88 nibwo ikipe ya Chelsea yahise yishyura igitego cyatsinzwe na Drogba umaze iminsi atsindira Chelsea, dore ko umuntu atabura kuvuga ko ari nawe wahetse iy’ikipe muri Champions League.

Iminota mirongo icyenda y’umukino yarangiye ibitego ari 1 kuri 1, mu minota 30 yongeweho Bayern yahise ibona penalty umukinnyi Roben ayitera mu biganza by’umunyezamu wa Chelsea Peter Cech, wanitwaye neza muri uyu mukino.

Iminota yose y’inyongera nayo yarangiye nta kipe itsinze, hakurikiyeho gutera za penariti ku ma kipe yombi, ari nako abwoba bwari bwatashye ku bakinnyi, abatoza ndetse n’abafana. Chelsea yinjije penariti 4 kuri 3 za Bayern Munich, maze Chelsea yegukana igikombe cya mbere cya Champions League mu mateka yayo, dore ko yaherukaga ku mukino wa nyuma muri 2008, ikina na Manchester United akaba ari nayo yatwaye icyo gikombe icyo gihe.

Twabamenyesha ko ikipe ya Bayern Munich yahabawaga amahirwe yo gutwara iki gikombe, ifite ibikombe bine bya Champions League yatwaye mu myaka yaza 1974, 1975, 1976, n’umwaka wa 2001.

Foto:sportige.com


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages