Capati ni ifunguro rikundwa na benshi, bamwe mu bantu bakunda iki kiribwa batangaza ko ifata mu nda kandi ikaba itagira ingaruka ku buzima bw’umuntu.
Capati tumenyereye mu maresitora ya hano mu gihugu cyacu ngo yaba ikomoka mu gihugu cy’Ubuhinde, ikaba izwi kuva mu kinyejana cya 16.
Capati bayikora bagerageza kuyiha umubyimba muto cyane ushoboka mbese imeze nk’akababari nyuma bakayotsa ku ipanu yabugenewe.
Uko ikorwa :
Capati n’ubwo ari ikiribwa gikunzwe n’abantu bingeri zose, ni ukuvuga abana, abantu bakuru, aboroheje n’abakomeye, imitegurire yayo ntiruhanije kandi iranahendutse ugereranyije n’ibindi biribwa bituruka ku ifarini.
Ifarini imaze kuvangwa neza n’isukari ku rugero cyangwa mu munyu bitewe na capati umuntu akunda, igenda yongerwamo utuzi dushyushye buhoro buhoro ari na ko umuntu agenda afunyanga kugeza aho agereye ku mutsima abenshi akeneye.
Iyo umuntu amaze kuvanga neza ashobora na none kugenda yongeramo n’amavuta kugeza aho wa mutsima akeneye usigara worohereye.
Iyo uwo mutsima umaze kugera ku rugero bifuza, uterekwa ahantu hasukuye kandi ugapfundikirwa neza n’ikintu kitawubuza guta akuka, hanyuma ugategereza ko ubyimba uko bashaka.
Umutsima umaze kubyimba neza ukatwamo udupande duto duto, hanyuma ugategura ameza afite isuku, ugatangira kurambura ka kabumbe ukoresheje icupa rifite isuku noneho ka gapande ukagenda ugaha iforomo ya capati.
Capati itekwa ku muriro mukeya kugira ngo idashirira, ufata ipanu ugashyiraho utuvuta dukeya, ugenda wongeraho utuvuta duke duke kugira ngo itaza gushiririza ariko capati ugenda uyihindagura impande zose kugeza ihiye.
Ishobora kongerwamo ibirungo cyane nk’igitunguru cyangwa ibindi bituma irushaho kugira impumuro nziza mu gihe baponda ifarini.
Capati kandi ishobora guherekezwa n’ibindi biribwa bitandukanye twavuga ibishyimbo byoroshye, umureti w’amagi, inyama zoroshye n’ibindi umuntu yahitamo.
Capati biba akarusho iyo igabuwe ishyushye.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Icyizere cy’ubuzima cyiyongereyeho imyaka 6 mu myaka 22 ishize
20.05.2013 |
|
OMS yatangaje ko hakiri icyuho mu kugabanya impfu z’abana
16.05.2013 |
|
Buri mwaka kanseri y’ibihaha ikomoka ku mabati ihitana abagera ku bihumbi 107
10.05.2013 |
|
Kigali : Kubyara umwana ufite umubyibuho ukabije byatumye umugabo ata urugo
10.05.2013 |
|
Udukingirizo turenga miliyoni 110 twirukanwe muri Ghana
21.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |