IGIHE.com > Ubuzima

Capati iryoha ishyushye


Yanditswe kuya 30-10-2012 - Saa 02:58' na Emma Marie Umurerwa

Capati ni ifunguro rikundwa na benshi, bamwe mu bantu bakunda iki kiribwa batangaza ko ifata mu nda kandi ikaba itagira ingaruka ku buzima bw’umuntu.

Capati tumenyereye mu maresitora ya hano mu gihugu cyacu ngo yaba ikomoka mu gihugu cy’Ubuhinde, ikaba izwi kuva mu kinyejana cya 16.

Capati bayikora bagerageza kuyiha umubyimba muto cyane ushoboka mbese imeze nk’akababari nyuma bakayotsa ku ipanu yabugenewe.

Uko ikorwa :

Capati n’ubwo ari ikiribwa gikunzwe n’abantu bingeri zose, ni ukuvuga abana, abantu bakuru, aboroheje n’abakomeye, imitegurire yayo ntiruhanije kandi iranahendutse ugereranyije n’ibindi biribwa bituruka ku ifarini.

Ifarini imaze kuvangwa neza n’isukari ku rugero cyangwa mu munyu bitewe na capati umuntu akunda, igenda yongerwamo utuzi dushyushye buhoro buhoro ari na ko umuntu agenda afunyanga kugeza aho agereye ku mutsima abenshi akeneye.

Iyo umuntu amaze kuvanga neza ashobora na none kugenda yongeramo n’amavuta kugeza aho wa mutsima akeneye usigara worohereye.

Iyo uwo mutsima umaze kugera ku rugero bifuza, uterekwa ahantu hasukuye kandi ugapfundikirwa neza n’ikintu kitawubuza guta akuka, hanyuma ugategereza ko ubyimba uko bashaka.

Umutsima umaze kubyimba neza ukatwamo udupande duto duto, hanyuma ugategura ameza afite isuku, ugatangira kurambura ka kabumbe ukoresheje icupa rifite isuku noneho ka gapande ukagenda ugaha iforomo ya capati.

Capati itekwa ku muriro mukeya kugira ngo idashirira, ufata ipanu ugashyiraho utuvuta dukeya, ugenda wongeraho utuvuta duke duke kugira ngo itaza gushiririza ariko capati ugenda uyihindagura impande zose kugeza ihiye.

Ishobora kongerwamo ibirungo cyane nk’igitunguru cyangwa ibindi bituma irushaho kugira impumuro nziza mu gihe baponda ifarini.

Capati kandi ishobora guherekezwa n’ibindi biribwa bitandukanye twavuga ibishyimbo byoroshye, umureti w’amagi, inyama zoroshye n’ibindi umuntu yahitamo.

Capati biba akarusho iyo igabuwe ishyushye.

IBITEKEREZO
ahubwo haje ubundi bwoko bwazo bita imishubatayi,,,,imishubatayi iraryoha cyane kuruta buno bwoko tumenyereye..uzayirye uzambwira,
Musubize28.11.2012 saa 15:59
harmonie
cyapati na pancake ndumva byenda kumereakimwe(iyi nfunguro ryamugitondo kuba nyamerika
Musubize30.10.2012 saa 10:11
rc
ahubwo se ni kuki njye nyikora ikaba nkigiti ntiyorohe ? hari wandusha ubuhanga ra ? nkora neza ibyo byosa byavuzwe haruguru ariko ikanga igakomera may be i have missed something !!!
31.10.2012 saa 01:08
Bella
Muma restora hose ntaho batazikora ! ariko cyane cyane, muya abisiramu, kdi ziryoshe !
Musubize30.10.2012 saa 04:36
Boti
Mwandangira aho ziba muri uyu mugi wa Kigali ko ntaziherutse di ? Ngaho nimumfashe. Ndumva ifitanye isano n'umukandara niba ifata mu nda !!!
Musubize30.10.2012 saa 03:44
Jeph
sha ntaho zitanyanyagiye mu mugi wa kigali mu marestora. ahubwo inyishi ziba zikonje kandi zimaze n iminsi.
30.10.2012 saa 09:36
nn

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!