IGIHE.com > Ubuzima > Inama

Bimwe mu biribwa n’ibinyobwa bituma uruhu ruhorana itoto


Yanditswe kuya 21-06-2012 - Saa 09:37' na Umurerwa Emma-Marie

Bimwe mu biribwa abantu barya bigira uruhare rukomeye mu gutuma uruhu rwabo rutohagira, ndetse no kugira ubuzima bwiza muri rusange.

Amakuru dukesha urubuga rwa Livestrong, avuga ko kwita ku mirire y’umuntu bimugiraho ingaruka nziza mu buzima, bwe mu rwego rwo kugira ubuzima buzira umuze no kugira uruhu ruhorana itoto.

-Icunga (Orange) ndetse n’indimu : Izi mbuto zikungahaye kuri vitamine C, iyo vitamine ikaba ifasha umubiri, gukura no kugira uruhu rutohagiye.

- Imboga : Aha twavuga nka karoti, ibihaza, beterave bigira uruhare mu gutuma uruhu ruhorana itoto.

- Inyanya : Ku bantu bashobora kuzirya ari mbisi, ngo zigira uruhare mu gutuma uruhu ruhora rutohagiye, ndetse zikagirira uruhu akamaro ko kururinda imirasire y’izuba ishobora ku rwangiza.

- Amavuta akomoka ku bimera : Aside iba iri mu bimera ituma habaho kwiyubaka ku ngirangingo nto zigize umubiri w’umuntu ndetse ayo mavuta akarinda umwuma uruhu rw’umubiri w’umuntu. Ayo mavuta akize cyane kuri vitamine E ndetse agatera uruhu guhora ruhehereye. Inzobere mu by’imirire zigira abantu inama yo gukoresha ubwoko bw’amavuta afite inkomoko ku bimera.

-Amata, inyama n’amagi : Byose bikize kuri vitamine A, vitamine B5, B6, B8 bityo ibyo biribwa bigahesha umubiri intungamubiri zingenzi, zituma umuntu ahorana ubuzima buzira umuze.

-Amafi : Kubera aside ziboneka mu mafi, zigira uruhare mu gutuma amaraso akwirakwizwa neza mu bice byose bigize umubiri ari nabyo bifasha ingirangingo nto z’uruhu zibasha kwiyubaka, rugahora ruhehereye.

-Amazi : Amazi ni ikinyobwa gituma umubiri ubasha kubaho. Nibura umuntu ubasha kunywa litiro 1,5 ku munsi mu bihe bisanzwe, mu gihe cy’ubushyuhe umuntu akaba yanywa litiro 2,5. Mu rwego rwo kugirango umubiri uhorane ubuhehere, n’uruhu ruhore rutohagiye.

IBITEKEREZO
ifiriti wayibagiwe
Musubize2.07.2012 saa 11:30
remy
Ku bifuza utwo tumashini niba muri mu Rwanda mwajya muri za supermarket nka Simba cg Nakumatt mukabaza juice extractors cyangwa se blenders.
Musubize22.06.2012 saa 06:27
Julien
Do, mixer nk'uko izina ryayo ribivuga, irabivanga byose bikaba igikoma, iyi mashini yindi yitwa Juicer Good luck and enjoy your juice and safe
Musubize21.06.2012 saa 11:14
Kana
@ Kana E, waturangiye ako kamachini ko numva wabigezeho ? nkoresha mixeur nkabona bidatunganye neza. plse...!
Musubize21.06.2012 saa 09:41
do
Kana E, ndangira nanjye aho navana ako kamashini. Numva uwo mutobe wamfasha.
Musubize21.06.2012 saa 08:35
Ange Angelique
Aliko cyane cyane kunywa umutobe w'izi mboga n'imbuto muvuga. Kandi kubona amazi yazo bigomba imashini yabugenewe, ikamura umutobe ikawutandukanya ikajugunya ibikatsi. Jye buri gitondo na nimugoroba nywa bene iyi mitobe : épindards carottes pommes betteraves gingimbre céléris menthe pissenlit... Nta cyo kongera muri bene iyi mitobe, kuyinywa yonyine ni ingenzi ku buzima
Musubize21.06.2012 saa 02:53
Kana E

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!