Spiruline (algue microscopique) ni ubwoko bw’ikimera, kizwi na bacye haba mu Rwanda n’ahandi ku Isi. Nyamara ubushakashatsi bwagaragaraje ko gifite akamaro kanini haba mu mirire, kubera intungamubiri zacyo, mu kuvura indwara nyinshi ndetse kikaba cyakwisigwa nk’ amavuta.
Ishyirahamwe rya spiruline rikorera mu Karere ka Gasabo ,Umurenge wa Kimironko, ryabonye ubuzima gatozi bwo guhinga icyo gihingwa mu Rwanda.
Nk’uko twabitangarijwe na Kayitare Rwigema uhagarariye iryo shyirahamwe, akaba ari nawe wagize igitekerezo cyo kuzana icyo gihingwa mu Rwanda, ngo spiruline ni ikimera gikungahaye ku ntungamubiri nyinshi, harimo imyunyungugu nka fer, beta carotene (ivamo vitamine A ndetse na B12) ibonekamo imisemburo myinshi harimo iyitwa enzymes, aside zitandukanye zikenewe mu mubiri na poroteyine zingenzi zitabarika.
Nk’uko bitangazwa kandi n’impuguke mu birebana n’imirire, spiruline ifite 70% by’intungamubiri zose, bivuze ko ikubye inshuro 4 zose intungamubiri ziboneka mu nyama. Icyo gihingwa gifite ubushobozi bwo kuba cyatanga n’umwuka mwiza (oxygène) hifashijwe uburyo icyo kimera, kimwe n’ibindi byose bikoresha, hifashishijwe uburyo bw’ikoreshazuba-rwatsi (photosynthèse).
Umwihariko wa Spiruline ku buzima bw’umuntu
Ikimera Spiruline, iyo ukigereranyije n’ibindi bimera usanga hari umwihariko gifite, nk’uko byemezwa n’ubushakashatsi bwagikozweh, mugihe soya igizwe na poroteyine zingana na 35%, spiruline yo ifite 70%, byiyongeraho imyungungugu myishi ifite nka fer, calcium, phosphore, magnesium n’indi myinshi iruta iboneka mu mata. Nka vitamini B12 iboneka muri icyo kimera iruta ubwinshi iba mu nyama y’umwijima mubisi (foie cru). Intungamubiri ya beta carotène iboneka mu kimera cya spiruline iruta cyane iba muri karoti inshuro 15 zose.
Igenzura ryakozwe kuri icyo kimera, ryemeza ko cyifitemo ibivumbikisho byinshi umubiri ukeneye kugira ngo uhorane ingufu.
Byumwihariko, ku bantu bakoresha imbaraga nyinshi, nk’abakora siporo, ngo bakwiye kujya bakoresha kenshi spiruline, mu rwego rwo kugarura ingufu baba batakaje.
Umwihariko wa spiruline harimo n’uko ifasha mu mikorere y’ingirangingo (cellules), ikoreshwa ry’umusemburo wa cholestérol umubiri uvana mu mavuta, uwo musemburo nawo uboneka muri spiruline.
Iki gihingwa gifite ubushobozi bwo kurwanya imirire mibi, kigabanya kandi umubyibuho ukabije, kikarinda ibura ry’amaraso mu mubiri (anémie) kubera ko gikungahaye ku myunyungugu nka fer na aside amine.
Umumaro wa spiruline mu kurinda no kuvura indwara
Ubushakashatsi bwakozwe kuri iki gihigwa bwemeza ko, kubera intungamubiri zikigize, gifite ubushobozi bwo kurinda umubiri virusi zishobora kwinjira mu ngirangingo (cellules). Muri izo virusi harimo itera iseru, indwara z’amatwi, ndetse n’iy’ibicurane.
Ku bagore batwitiye mu bwandu bw’agakoko gatera SIDA, ubushakashatsi ngo bwerekana ko kurya spiruline ku gipimo yabwiwe na muganga, bishobora kongera amahirwe yo kubyara umwana utanduye.
Spiruline nicyo kiribwa gikungahaye kuri aside nyabinure z’ingenzi arizo acide gamma linoléique, izi aside zikaba zituma umusatsi n’uruhu bikura neza bikagira n’isura nziza. Spiruline ishobora kuvangwa n’andi mavuta yo mu mutwe kugira ngo bifashe umusatsi gukura neza.
Yongera kandi abasirikari b’umubiri bo mu bwoko bwa lymphocytes T ndetse na B”. Ubushakashatsi kandi bwemeza ko iki kimera cyongera ubushobozi bwo kurwanya agakoko gatera SIDA.
Uretse ibyo kandi ngo spiruline ibuza indwara ya kanseri gukura. Ikindi kandi ngo ituma udukoko nkenerwa two mu mara (intestinal flora) dukora neza kandi ikagabanya ubwinshi bwa mikorobe bita candidat arbicans, zikaba ari udukoko dutera ingaruka mbi mu mubiri. Abahinde nabo bemeranya n’ ubushakashatsi bwakozwe n ’Abarusiya n’Abayapani.
Uko spiruline iribwa
Spiruline ishobora kuribwa uko yakabaye nyuma yo gusarurwa. Kimwe nuko ishobora kuribwa nk’ifu, cyangwa ikaba yashyirwa mu mutobe.
Mu kuyihinga, spiruline ikurira mu mazi y’urwunyunyu, mu mirima bita “bassin ”, aho icyo gihingwa gishyirwamo ibyangombwa ngo gikure neza (cyane cyane ifumbire nk’imyunyungugu).
Ikiro kimwe cya spiruline, kigura amafaranga 140.000 y’Amanyarwanda.
Bwana Kayitare Rwigema, ashishikariza ba rwiyemeza mirimo, kuba bashora imari muri icyo gihingwa-muti cya spiruline, kugirango kibashe gukwirakwizwa mu gihugu hose.
Hifashishijwe urubuga rwitwa spirulinedugarlaban.com, kubindi bisobanuro wahamagara Kayitare Rwigema kuri terefone igendanwa 0788461317
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Umunywi w’itabi ahura n’ibibazo bikomeye iyo avunitse
19.05.2013 |
|
Inigwahabiri zashyizwe ku rutonde rw’ibishobora kurwanya inzara ku Isi
14.05.2013 |
|
Ese umuntu agomba kugana muganga ari uko arwaye ?
14.05.2013 |
|
Gukoresha Sauna cyane, imwe mu ntandaro y’ubugumba ku bagabo
7.05.2013 |
|
Uruhinja rusinziriye rwumva ibyo ababyeyi bavuga
4.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |