IGIHE.com > Ubuzima > Inama

Mu Rwanda haje uburyo bushya bwo gusiramura abagabo


Yanditswe kuya 23-06-2012 - Saa 14:40' na Dushimiyimana Olivier

Prepex ni uburyo bushya bumaze igihe gito butangijwe mu Rwanda, bukaba buje gukemura ibibazo bitari bikeya.

Ubu buryo umwihariko bufite hakaba harimo kuba budasaba ibikoresho bihambaye, ubumenyi buhanitse, ntibumara igihe kinini, ntibusaba guterwa ikinya kandi ntibunasaba kubaga no kudoda ubukoreshejweho, ikiyongera kuri ibyo kandi n’uko ari na bumwe mu buryo bubasha kugabanya ubwandu bwa virusi itera SIDA kugera kuri 60%.

Nkuko tubikesha Dr Lt Col Bitega Jean Paul uyoboye igikorwa cyo guhugura no gukeba abagabo hakoreshejwe impeta (Prepex) avugako ubu buryo bwavumbuwe bwatangiye kwigwaho hano mu Rwanda muri Gashyantare 2010. Nyuma yo kubugerageza kandi bagasanga ari uburyo bworoshye, bwizewe ndetse bwihutisha igikorwa cyo gukeba abagabo (gusiramura) ubu bwatangiye gukoreshwa hirya no hino mu gihugu batibagiwe no hanze y’igihugu nko muri Zimbabwe aho bamaze gutangizayo iyi gahunda.

Mu kiganiro Bitega yagiranye n’abanyamakuru yasobanuye kandi yerekana uko impeta ya Prepex ikoreshwa. Ngo mbere y’uko igikorwa cyo kwambika impeta ya Prepex igitsina cy’umugabo kiba habanza gukorwa n’isuzuma niba koko ugiye kukambikwa abasha kugakoreshwaho kuko ngo hari bamwe bagaragara basanga batabasha kugakoresha.

Muri abo batabasha kugakoresha ngo baba basanze bafite ibibazo birimo kuba imiterere y’igitsina cye idateye neza (aha ngo ni igihe basanze akenge ko kunyariramo kari kuruhande), kuba afite infection (indwara zangiza igice cy’igitsina), kuba agahu k’igitsina gafatanye cyane bigatuma haboneka umwanya muto utakwirwamo impeta bakwambika. Ibi bimaze kugaragara kubagera ku 10% mubo bamaze kwakira.
Iyo ibyo bimaze kugenzurwa hakurikira igikorwa cyo gupima virusi itera SIDA nyuma ukambikwa impeta. Impeta wambikwa itwara igihe kiri hagati y’iminota itatu n’itandatu gusa. Iyo umaze kwambikwa iyi mpeta urataha ugategereza igihe cy’iminsi irindwi ugasubira kwa muganga maze bakayigukuraho.

Impamvu ituma utegereza igihe cy’iminsi 7 yasobanuwe ngo ni uko haba hategerejwe y’uko impeta uba washyizweho ibanza gukora igikorwa cyo kwica igice kiba kigomba gukatwa ku gitsina cy’umugabo, ibyo bikaba bikorwa hahagarikwa amaraso yakagombye gutembera muri icyo gice, maze iyo ayo maraso ahagaritswe biviramo icyo gice gupfa akaba ari nacyo gikurwaho nyuma y’iminsi 7.

Gusa twatangarijwe ko biba byiza iyo umuntu umaze gukebwa ategereza igihe kingana n’ibyumweru 6 kugira ngo yongere akore imibonano mpuzabitsina, naho muri icyo gihe cy’iminsi 7 uba ubasha kwihagarika uko bisanzwe ndetse ukanakora isuku bisanzwe, ikiba kidashoboka gusa n’ugukora imibonano mpuzabitsina.

Tubibutseko ubu buryo bwaje buje kunganira ubundi buryo bwari busanzwe buriho bwo gukeba abagabo (gusiramura) gusa ubwo buryo ubugereranije n’ubu bwa Prepex Dr Lt Col Bitega akaba avugako usanga bufite itandukaniro rinini cyane, kuko wasangaga ari uburyo bugoye inshuro eshanu kurusha Prepex, naho ubu buryo bushya buje bukaba bufite umwihariko wabwo kuko butuma ukomeza no gukora imirimo yawe iyariyo yose uko bisanzwe ibi bikaba bitandukanye cyane n’uburyo bwari busanzweho kuko ababukoreshwagaho abenshi bongeraga kugira imirimo bakora aruko bamaze gukira.

Dr Lt Col Bitega mu mibare yadutangarije yavuzeko kugeza ubu mu Rwanda hagati ya 85 na 90% y’abagabo badakebwe (basiramuwe), naho iki gikorwa batangiye bakaba bamaze gukeba (gusiramura) abarenga 2,300. Mu ntego ya Leta ihari ubu akaba ari ugukeba (gusiramura) abagera kuri 2,000,000 mu gihe cy’imyaka 2.

IBITEKEREZO
NJYE MFITE IKIBAZO NASIRAMUJE UMWANA BAMUSIRAMURA NABI KUBURYO BUGARAGARA NTAGO HAKORWA IVUGURURWA CG MUKAMPA IYINDI NAMA KUKO MBONA AHO NAMUSIRAMURIYE AKANTUKE KATAGIKURA
Musubize7.10.2012 saa 02:07
UMUTONI
NJYE MFITE IKIBAZO NASIRAMUJE UMWANA BAMUSIRAMURA NABI KUBURYO BUGARAGARA NTAGO HAKORWA IVUGURURWA CG MUKAMPA IYINDI NAMA KUKO MBONA AHO NAMUSIRAMURIYE AKANTUKE KATAGIKURA
Musubize7.10.2012 saa 02:07
UMUTONI
NJYE MFITE IKIBAZO NASIRAMUJE UMWANA BAMUSIRAMURA NABI KUBURYO BUGARAGARA NTAGO HAKORWA IVUGURURWA CG MUKAMPA IYINDI NAMA KUKO MBONA AHO NAMUSIRAMURIYE AKANTUKE KATAGIKURA
Musubize7.10.2012 saa 02:07
UMUTONI
Ntekereza ko atari agahato, kuko ibigomba gukorerwa kubuzima bw`umuntu nta narimwe biba itegeko> Ubundi se abashakanye badafite gahunda yo gucana inyuma inyungu bafite mukubasilamura n`iyihe ? Umuntu se wanduye Sida iyo bamusiramuye agira ibibazo ? Muzatubwire.
Musubize10.08.2012 saa 09:23
Muzayire
ariko se ubwo buryo bw'impeta nibwo mwita bushya ?muli inyuma kweli,uretse ko ndeba niriya mpeta wagirango n'ibyabikomo by'abagore bambara ku maboko ,donc ifite épaisseur nini cyane,kubera ko ubundi igumaho uko woga ikazatakara ubwo naho haba hakize ,ariko ndabona wagirango ni imiringa y'abagore !!sinzi ubwoko bwayo biriya birasanzwe mu bihugu byateye imbere
Musubize7.08.2012 saa 13:29
hany
yewe mudusubirize ibi bibazo byabajijwe hejuru. muzongere mubitugezeho.
Musubize5.08.2012 saa 12:36
shyaka
UBU BURYONI BWIZA CYANE NATWE IMUSANZE TURABUKENEYE PEE MUTUBARIZE NONESE UBU MUMAVURIRO YOSE BARABUKORESHA ?
Musubize1er.08.2012 saa 07:31
AIMER
nanjye nabikoze nkuze ariko nta byiza nkabyo pe
Musubize24.07.2012 saa 05:18
Ahmed
Ariko namwe banyarwanda murasetsa muribakafiri bushavu kuki mudakunda circonsition ?
Musubize5.07.2012 saa 09:19
augu
Wa mugabo we ushaka kwisiramuza uzitonde neza, urebe ejo utazakama ikimasa, iyo bagusiramuye ugomba kureba neza kugira ngo batazakata umutsi wo munsi y igitsina cyawe nyuma ugahura n'ingorane zikomeye ugahita uba paralysé
Musubize5.07.2012 saa 01:51
Shakira Abdu
Abantu barantangaje. gukebwa ni ikintu cyiza cyane. uretse no kurinda indwara bituma igitsina gihorana isuku. AVEN
Musubize3.07.2012 saa 12:01
######
polepole ndo mwendo twarituzi ko gusiramurwa aribyabayislam gusa !
Musubize3.07.2012 saa 02:21
nsabimana
Mwitonde mubanze mushishoze, ngo ukebwe bimugabanyiriza uburyohe kandi agatinda kurangiza kuko aba atakiri sensible nyine kuko haba harabaye nk'undi mubiri usanzwe,. Be careful
Musubize30.06.2012 saa 12:19
Magidi
sha barakubeshye pe ntago bigabanya sensibilité ahubwo birayongera, jye nabitangir aubuhamya
13.07.2012 saa 03:53
paciss
Uvuze ngo iki sha ? ngo bigabanya.?? Ntacyo uzi. Icyo nakubwira n'uko kiriya gihu cy'inyuma ku muntu udakebwe cyakwica ! uzi iyo cyashwanyutse ? Gukebwa ni sawa.
3.08.2012 saa 16:09
Gukebwa
Muraho nonese mwatubariza bariya baganga ko bavuze ibyo babanza kureba iyo basanze ufite virus itera Sida ntabwo bakwambika impeta ?mudusabire ibisobanuro.Ikindi mwabaza buriya buryo bwogusiramura bwambere umuntu wandiye HIV ntabwo bishoboka kumusiramura ?
Musubize29.06.2012 saa 03:01
TJB
ese iyo basanze umuntu arwaye SIDA bigenda bite ? ese iyo mpeta yo ntabwo iryana iyo umuntu ayamaye ? none habura iki ngo ubu buryo bukwirakwize hose mu gihugu ? nibashyiremo agatege turabategereje mu rutsiro
Musubize28.06.2012 saa 12:54
paci
sha mutubanzirirze ni Imbwa pe ! ubu koko uzihisha ? sha ahubwo ntubizi uzajye no mumwobo nkifuku kabisa wowe leta ikuzanira gahunda nziza nkiriya ubundi ugateta.
Musubize25.06.2012 saa 09:37
Rubya
muzaze musiramure no mu karere ka kamonyi kandi ntakimenyane kibayemo
Musubize25.06.2012 saa 08:44
kalimba
Iyi gahunda yo gukebwa ni ingirakamaro ahubwo hakwiriye gukorwa ibishoboka byose kugirango bigere kubagabo benshi kandi hagabanywe ibiciro kuko kugeza ubu usanga bigihenze.
Musubize25.06.2012 saa 00:24
Wellars
NJYE NKENEYE KUMENYA IGIHE I KANOMBE BAZONGERA GUSIRAMURIRA, DORE TWARATEGEREJE NONE AMASO YAHEZE MU KIRERE ! MUTUBARIZE Dr Lt. BITEGA Paul.
Musubize24.06.2012 saa 16:42
KANOMBE
Sha mutubanziliize uri imbwa yujuj ibya ngombwa kabisa. Ngo uzihisha urasnhekeje kabisa kandi naherukaga guseka nganira na mama nyuma yimyaka 20 nyabu.
Musubize24.06.2012 saa 03:58
Kilamba
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!