IGIHE.com > Ubuzima > Inama

Umubyibuho ukabije ugira ingaruka mbi ku mugore utwite


Yanditswe kuya 14-06-2012 - Saa 11:23' na Umurerwa Emma-Marie

Kugira ibiro byinshi ku mugore utwite, bigira ingaruka ku mwana ndetse nawe ubwe, aho ashobora guhura n’uburwayi butandukanye atewe n’uwo mubyibuho, ibyo bikaba byamugiraho ingaruka mu gihe cyo kubyara.

Ashakashatsi bo mu bitaro bya Mont Sinaï, bayobowe na Dr M. Retnakaran mu mujyi wa Toronto mu gihugu cya Canada, bakoreye ubushashatsi ku bagore bagera kuri 472.

Nk’uko amakuru dukesha urubuga rwa destinationsante, akomeza abivuga ngo abagore baba bafite umubyibuho ukabije mbere yo gusama ndetse no mu gihe batwite, ngo bagira ibyago byinshi byo kubyara abana bari hejuru y’ibiro 4, ibyo ngo bigatuma mugihe cyo kubyara bigorana, kuburyo bishobora no kubaviramo kubagwa.

Ibi rero ngo bikaba bitandukanye n’abagore ibiro byabo byiyongera mu gihe batwite gusa.

Aba bashakashatsi bakomeje bavuga ko ari byiza ko abagore birinda umubyibuho ukabije mu rwego rwo kwirinda ibyago birimo kubagwa, kumara umwanya munini ku nda ndetse no kuva cyane kandi hatirengagijwe ko ibiro bikabije bigira ingaruka nyishi ku muntu, harimo ndetse no kuba umugore utwite ashobora kubayaharwarira indwara ya diyabete, indwara zo mu myanya y’ubuhumekero, ndetse n’izindi ndwara ziterwa n’umubyibuho ukabije, hakiyongeraho no kubyara umwana ufite umubyibuho ukabije.

IBITEKEREZO
I'm sorry kuvuga ibitandukanye nibi : mwadufashije mukatubariza impamvu yahoo itagikora i kibagabaga cg mukatubwira aho twabariza ?? merci.
Musubize22.06.2012 saa 08:51
ISHIMWE Annet
Merci igihe, muri iki kinyejana abantu benshi basigaye barasobanukiwe ko umubyibuho atari mwiza, twasabaga ko mwatubaririza iyo forever nabo bakagira inama aba mama batwite kuko akenshi turabyibuha kandi utari bushobore gukora régime. Ubwo dutegereje inama ku gihe com
Musubize19.06.2012 saa 04:28
Mimy
TURABINGINZE MUZATUGIRE NINAMA Y'IGITERA KUNANUKA CYANE NTAKABIRI BYIBURA MUDUFASHE UMUNTU AREBE KO YAZANA AKABIRI,KUKOO MFITE UMUNANUKO UKABIJE CYANE PE !
Musubize14.06.2012 saa 12:52
NSHIMIYIMANA VENANT
GOGOniyihe E-mail umuntu yakwandikira kugirango forever itugire inama kumubyibuho ukabije twe ababyeyi duhura nayo cyacyane iyo tumaze kubyara mutugire inama
Musubize14.06.2012 saa 09:16
KETTY
GOGOniyihe E-mail umuntu yakwandikira kugirango forever itugire inama kumubyibuho ukabije twe ababyeyi duhura nayo cyacyane iyo tumaze kubyara mutugire inama
Musubize14.06.2012 saa 09:16
KETTY
Ahubwo ku bagore bacu ubu ikigezweho ni ukubagwa mu gihe cyo kubyara kuko nibyo bifite inyungu nyinshi ku buzima bw'umuryango, ntabwo rero bikiri ikibazo nkuko byagaragajwe muri iyi nkuru. Turabakunda igihe.com
Musubize14.06.2012 saa 08:41
ubuzima
umubyeyi ufite ikibazo nkicyo ashobora kwegera forever living product cg akatwandikira kuriyo email tukamurangira.
Musubize14.06.2012 saa 07:44
gogo
None ko umubyeyi wese usanga yara byibushye mu gihe atwite hakorwa iki ku bimurinde ? ese ahubwo uza bwirwa n'iki ko abyibushye birenze urugero kandi asanzwe abyibushye ?
Musubize14.06.2012 saa 06:13
Jimmy

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!