00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo irashinjwa guha ubuhungiro Nyamwasa rwihishwa

Yanditswe na

Vénuste Kamanzi

Kuya 31 October 2012 saa 10:16
Yasuwe :

Mu rubanza rubera mu rukiko rwisumbuye rwa Pretoria muri Afurika y’Epfo aho rukurikirana urubanza Leta ya Afurika y’Epfo iregwamo kuba yarahaye Kayumba Nyamwasa ubuhungiro butubahirije amategeko, abarega bagaragaza ko Kayumba yahawe ubuhungiro ataragera muri iki gihugu.
Urukiko rwashyikirijwe impapuro zigaragaza ko abaregwa bari bafitanye imikoranire mu ibanga mbere y’uko Kayumba ahungira muri iki gihugu.
Nk’uko tubukesha urubuga Allafrica.com, imiryango ibiri itegamiye kuri Leta yo muri (…)

Mu rubanza rubera mu rukiko rwisumbuye rwa Pretoria muri Afurika y’Epfo aho rukurikirana urubanza Leta ya Afurika y’Epfo iregwamo kuba yarahaye Kayumba Nyamwasa ubuhungiro butubahirije amategeko, abarega bagaragaza ko Kayumba yahawe ubuhungiro ataragera muri iki gihugu.

Urukiko rwashyikirijwe impapuro zigaragaza ko abaregwa bari bafitanye imikoranire mu ibanga mbere y’uko Kayumba ahungira muri iki gihugu.

Nk’uko tubukesha urubuga Allafrica.com, imiryango ibiri itegamiye kuri Leta yo muri Afurika y’Epfo yareze mu nkiko guvernoma iyishinja kuba yarahaye Kayumba ubuhungiro binyuranije n’amategeko.

Kuri uyu wa mbere ikibazo cyahinduye isura, ubwo abahagarariye iyi miryango bashyikirizaga urukiko impapuro zigaragaza ko na mbere y’umwaka wa 2010 Kayumba Nyamwasa ahungira muri Afurika y’Epfo ashobora kuba yari asanzwe afitanye umubano w’ibanga n’iki gihugu.

Izi mpapuro zirabishingira ko Guverinoma ya Afurika y’Epfo yamaze igihe kirekire izi neza ko Kayumba azahahungira, ari na yo mpamvu yaba yaramuhaye ubuhungiro byihuse kandi butemewe n’amategeko.

Abanyamategeko bahagarariye Kayumba bo bavuga ko yateguye kuba yasaba ubuhungiro muri Afurika y’Epfo mu kwezi kwa Werurwe 2009.

Abarega bagaragaza impapuro zigaragaza ko Kayumba yasabye kandi akemererwa ubuhungiro tariki ya 22 Kamena 2010, nyamara ubundi bifata amezi cyangwa imyaka.

Abahagarariye Kayumba na Guvernoma ya Afurika y’Epfo bo muri uru rubanza bagaragaragaza ko yemerewe ubuhungiro muri Werurwe 2010.

Mu gihe impande zombi zarimo zisuzuma neza izi mpapuro zatanzwe na Leta, byaje kugaragara ko zatanzwe tariki 14 Werurwe 2009.

N’ubwo habonetse ibimenyetso bishya ariko, kugeza ubu ngo urukiko rwatangiye kuyoberwa imikirize y’uru rubanza kubera amayobera arurimo.

Abatanze ikirego barasaba ko Kayumba yakwamburwa ubuhungiro cyangwa akohereza muri Espagne cyangwa mu Bufaransa, kugira ngo akurikiranweho ibirego yashyiriwe n’inzego bivugwa ko zirwanya iterabwoba zo muri ibi bihugu.

Inkuru ku bajyanye Afurika y’Epfo mu butabera

Afurika y’Epfo : Urukiko ruzumva ikirego gisaba ko Nyamwasa yamburwa ubuhunzi


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages