00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impamvu nta Munyarwanda wakinnye isiganwa rya mbere rya Shampiyona Nyafurika ya Rally 2024

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 14 May 2024 saa 04:02
Yasuwe :

Shampiyona Nyafurika y’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka (ARC) y’uyu mwaka yatangiye mu mpera z’icyumweru, tariki ya 10-12 Gicurasi, i Jinja muri Uganda ariko nta modoka ihagarariye u Rwanda yayigaragayemo.

Umunya-Kenya Karan Patel wegukanye Shampiyona Nyafurika iheruka, ni we wegukanye “Pearl of Africa Uganda Rally 2024” yari yitabiriwe n’imodoka 35 zirimo esheshatu zikina ku rwego rw’Umugabane wa Afurika.

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka mu Rwanda (RAC), Cyatangabo Ange François, yavuze ko Giancarlo Davite ari we Munyarwanda rukumbi washoboraga gukina iri rushanwa ariko akaba atarabashije kuryitabira.

Ati “Muri rusange, irushanwa ryagenze neza uretse ikibazo cy’umutekano muke cyabaye ku munsi wa mbere biba ngombwa ko hari agace duhagarika. Kugira ngo ukine iri siganwa, ugire amanota mu isiganwa Nyafurika hari ibintu bisabwa.”

Yakomeje agira ati “Ibyo bisabwa, ubu mu Rwanda dufite umuntu umwe ushobora kubikora ni Giancarlo Davite ariko ntiyabashije kwitabira kubera impamvu ze, ariko umwaka ushize yarabikoze. Abandi ntibafite imodoka zemerewe kwitabira isiganwa Nyafurika.”

Cyatangabo yakomeje avuga ko mu bisabwa kugira ngo umuntu yemererwe gukina isiganwa ryo kuri uru rwego harimo kuba afite imodoka yujuje ibisabwa bigenwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka ku Isi (FIA).

Ati “Hari amategeko yashyizweho na FIA y’imodoka zigomba kwitabira, ari zo ziriya mwabonye. Esheshatu ni zo zemerewe kugira amanota mu irushanwa hano [ryabereye i Jinja]: Ni iriya Skoda [Fabia] ya Karan, Hyndai [i20] ya Mangat na Mitsubishi ebyiri na Ford Fiesta yarimo. Ni zo modoka uyu mwaka zemerewe gukina.”

Mu Rwanda, Giancarlo Davite ni we wenyine ufite imodoka ishobora gukina Shampiyona Nyafurika aho akinisha Mitsubishi Evo X.

Mu 2023, ubwo Giancarlo Davite yari yitabiriye Safari Rally muri Kenya, yakinishije Ford Fiesta R5.

Benshi mu bakina ‘Rally’ mu Rwanda, bagira amahirwe yo gukina Shampiyona Nyafurika iyo rwakiriye “Rwanda Mountain Gorilla Rally” nubwo nta manota baba bakorera uretse aya Shampiyona y’Igihugu.

Shampiyona Nyafurika yo Gusiganwa mu Modoka ya 2024 igizwe n’amasiganwa atandatu ndetse irya nyuma rizabera mu Rwanda hagati ya tariki ya 18-20 Ukwakira. Ibindi bihugu bizakira aya marushanwa ni Zambia, Tanzania n’u Burundi hagati ya Nyakanga na Nzeri.

Shampiyona Nyafurika ya 2024 yatangiriye i Jinja muri Uganda aho Karan Patel ukinana na Tauseef Khan begukanye Pearl of Africa Uganda Rally
Umunya-Kenya Karan Patel yongeye kwerekana itandukaniro, ahigika abandi i Jinja
Umunyamabanga Mukuru wa RAC, Cyatangabo Ange François, yavuze ko kuba benshi mu Banyarwanda badafite imodoka zemewe na FIA ari byo bituma badakina Shampiyona Nyafurika ya Rally
Giancarlo Davite (wa kabiri uturutse ibumoso) ni we ushobora gukina Shampiyona Nyafurika ya Rally mu Rwanda
Giancarlo Davite yakinishije Ford Fiesta muri Safari Rally iheruka kubera muri Kenya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages