Rayon Sports iri gushaka umutoza wungirije nyuma y’aho ifatiye icyemezo ko izagumana Umunya-Mauritania Mohamed Wade nk’Umutoza Mukuru, ikomeje kugorwa no kubona uwo yifuza mu gihe ishaka Umunyarwanda usobanukiwe ruhago y’imbere mu gihugu.
Umutoza wa Espoir FC mu Cyiciro cya Kabiri, Lomami Marcel, ari mu begerewe n’iyi kipe kugira ngo asubire muri Gikundiro.
Lomami Marcel w’imyaka 38, yakinnye mu makipe nka AS Kigali, Rayon Sports na Kiyovu Sports. Ni umutoza umaze kubaka izina mu mupira w’u Rwanda dore ko yatoje amakipe nka Rayon Sports, Gasogi United na Gorilla FC.
Ubwo yatozaga Rayon Sports, Lomai yakoranye n’abatoza batandukanye nk’Umubiligi Ivan Minnaert, Umurundi Masudi Djuma, Umunya-Portugal Jorge Manuel da Silva Paixão Santos ndetse n’Umunye-Congo Guy Bukasa.
Amakuru yizewe agera kuri IGIHE yemeza ko ku wa Kane tariki 21 Ukuboza, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahamagaye Lomami uri i Rusizi ngo abe yagaruka mu Mujyi wa Kigali gutoza Murera yagiriyemo ibihe byiza nk’umukinnyi ndetse n’umutoza.
Rayon Sports irifuza umutoza wungirije utarengeje umushahara wa miliyoni 1.3 Frw, uvuga Igifaransa ndetse ushobora kumvikana n’Umutoza Mohamed Wade na bamwe mu bakinnyi bavuga uru rurimi nka Nzinga Héritier Luvumbu, Youssef Rharb n’abandi batazi Ikinyarwanda.
Uyu mutoza agomba kuba asobanukiwe kandi azi gusesengura ruhago Nyarwanda kugira ngo Gikundiro itazajya igorwa n’abakeba.
Lomami Marcel afitanye amasezerano y’umwaka umwe na Espoir FC yamuhaye intego yo kuba yayizamura mu Cyiciro cya Mbere.
Iyi si ikipe ya mbere Lomami yaba azamuye kuko yabikoze ari muri Gasogi United mu 2019 na Gorilla FC mu 2020.
Ku wa Gatanu, tariki 23 Ukuboza 2023, IGIHE yanditse ko Rayon Sports yifuje Umutoza Hitimana Thierryngo abe yaza gukorana na Mohamed Wade gusa uyu mutoza ayibera ibamba kubera amasezerano y’imyaka ibiri afite yo gutoza mu Ishuri ry’Umupira w’Amaguru rya Bayern Munich.
Hitimana yahuye n’ubuyobozi bwa Rayon Sports inshuro ebyiri ndetse n’ibiganiro kuri telefoni ngendanwa ntacyo byatanze kuko yifuza kuguma muri Academy ya Bayern Munich.
Hitimana Thierry yatoje amakipe yo mu Cyiciro cya mbere hano mu Rwanda nka Bugesera FC, Rayon Sports n’Amavubi y’Abatarengeje imyaka 23.
Yanatoje kandi hanze y’u Rwanda amakipe yo muri Tanzania nka Namungo FC, Mtibwa Sugar, KMC na Simba SC aho yasimbuye Umufaransa Didier Gomes Da Rosa mu mwaka wa 2021/22.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!