00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Messi yanze gusuhuza umwana naho Umunya Australia yafungiye undi imishumi y’inkweto

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 17 June 2014 saa 02:45
Yasuwe :

Ubwo Argentina yiteguraga gukina na Bosnia Herzegovina, Lionel Messi yanze gusuhuza umwana uherekeza abakinnyi mu kibuga wifuje kumukora mu ntoki, mu gihe umukinnyi wa Australia we yafungiye imishumi y’inkweto umwana mbere yo gukina na Chili.
Kapiteni wa Argentina Lionel Messi yaba yarirengagije gusuhuza umwe muri aba bana babaherekeza mu kibuga ku mukino na Bosnia Herzegovina mbere y’uko basohoka mu rwambariro. Uyu mwana yifuje gusuhuza uyu mukinnyi ufite Ballon d’or enye ariko yanga (…)

Ubwo Argentina yiteguraga gukina na Bosnia Herzegovina, Lionel Messi yanze gusuhuza umwana uherekeza abakinnyi mu kibuga wifuje kumukora mu ntoki, mu gihe umukinnyi wa Australia we yafungiye imishumi y’inkweto umwana mbere yo gukina na Chili.

Kapiteni wa Argentina Lionel Messi yaba yarirengagije gusuhuza umwe muri aba bana babaherekeza mu kibuga ku mukino na Bosnia Herzegovina mbere y’uko basohoka mu rwambariro. Uyu mwana yifuje gusuhuza uyu mukinnyi ufite Ballon d’or enye ariko yanga kumuha akaboko aramurenga asuhuza abasifuzi.

Kuri uyu wa Kabiri, Messi yihutiye guhakana ko atanze gusuhuza uyu mwana, igikorwa agereranya nk’ubusazi kwanga gukora mu ntoki z’umwana muto. Argentina yatsinze Bosnia ibitego 2-1 harimo n’icya Messi.

Yagize ati“Sikwanga gusuhuza umwana, ikibazo ni uko nshobora kuba ntaramubonye.”

Si ubwa mbere Messi yanga kwakira abana bamusanga kuko muri Gashyantare 2013, ubwo Barcelona yari muri Granada yahutaje abana babiri bari binjiye mu kibuga kumureba, bemeje ko zari inzozi z’ubuzima bwabo gukora ku mukinnyi bakunda.

Bresciano yafungiye imishumi umwana wari wamuherekeje mu kibuga
Ese koko Messi ntiyabonye umwana washatse kumushuza?

Abandi bakinnyi bagerageza kubaha abana. Mark Bresciano, umwe mu bakinnyi babiri ba Australia bamaze gukina ibikombe bitatu by’Isi yagaragaje ikigongwe ubwo bakinaga na Chili afunga imishumi y’inkweto z’umwana wari wabaherekeje.

Ifoto ifatwa nk’iyi gikombe cy’Isi 2014 mu kugaragaza ubumuntu n’imiryango iharanira uburenganzira bwa Muntu. Chili yatsinze Australia ibitego 3-1.

Kuri uyu wa Gatatu, Australia irakira u Buholande mu gihe muri iri tsinda B, Chili izakina na Espagne.

Muri Werurwe, ubwo Brazil yakinaga na Afurika y’Epfo mu mukino wa gicuti, Neymar yakiriye umwana w’imyaka 10 wari winjiye mu kibuga ashaka kumusuhuza

Uyu Munyafurika y’Epfo yari akurikiye umwana wicaye mu ntebe ya Papa Francis ubwo bizihizaga umunsi wa Mutagatifu Petero i Vatican.

Messi yanga gusuhuza umwana ku mukino wa Bosnia Herzegovina

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages