00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mukura VS yasinyishije Bukuru na Nkinzingabo

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 30 June 2023 saa 05:04
Yasuwe :

Ikipe ya Mukura Victory Sports yasinyishije amasezerano y’imyaka ibiri Nkinzingabo Fiston watandukanye na Kiyovu Sports, na Bukuru Christopher wahawe umwaka umwe, avuye muri Rutsiro FC.

Aba bakinnyi bombi bakina hagati mu kibuga bafasha abataha izamu. Bahawe amasezerano muri iyi kipe y’i Huye, nyuma yo gutandukana n’amakipe yabo.

Nkinzingabo Fiston wagiye ahamagarwa n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, yatandukanye na Kiyovu Sports yari amazemo imyaka ibiri nyuma y’uko ubuyobozi bw’Urucaca bwafashe icyemezo cyo gusezerera abakinnyi bakomeye bari bayihenze, nyamara ntibagire igikombe na kimwe bayiha nyuma y’uko babuze icya Shampiyona mu mpera z’umwaka w’imikino.

Uyu mukinnyi yageze muri Kiyovu Sports avuye muri AS Kigali na yo yamazemo imyaka ibiri, nyuma yo gusezererwa na APR FC mu nkundura yashyize hanze abakinnyi 16 nyuma yo gusoza umwaka wa Shampiyona ya 2018-19 muri APR FC yatozwaga na Zlatko Krmpotić nta gikombe na kimwe yegukanye.

Icyo gihe Nkinzingabo wanze gutizwa muri Marines FC, yahisemo gutandukana n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, imuha urupapuro rumurekura ashakira ahandi.

Bukuru Christopher we yatandukanye na Rutsiro FC yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri umwaka ushize nyuma y’amezi atandatu gusa yari ayimazemo. Yayigezemo avuye muri Rayon Sports yari yasinyiye amezi atandatu gusa avuye muri APR FC yamazemo imyaka ibiri na yo yamukuye muri Rayon Sports mu 2019.

Bukuru wavukiye mu Burundi tariki 8 Kanama 1996, yakuriye muri Vital’O FC, avuye muri Centre ya La Pépinière y’i Burundi. Nyuma yerekeje muri LLB Académic.

Mu Rwanda yabanje gukina muri SEC Academy ayivamo yerekeza muri Rwamagana City FC [nyuma yaje kwitwa Muhazi United FC]. Nyuma y’aho yerekeje muri Mukura VS ayimaramo imyaka ibiri akomereza muri Rayon Sports mu 2018.

Bukuru w’imyaka 26 yahamagawe bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu Amavubi y’abakina imbere mu gihugu, yiteguraga imikino ibiri ya gicuti yateguraga CHAN 2020 yabereye muri Cameroun.

Uretse aba basore, Mukura Victory Sports kandi yasinyishije myugariro w’ibumoso Muvandimwe Jean Marie Vianney watandukanye na Rayon Sports, Niyonzima Fiston Eric ukina hagati wavuye muri Etoile de l’Est, Myugariro Rushema Chris wavuye muri Marines FC na Ndayogeje Gerard yakuye muri Vital’o FC y’iwabo mu Burundi.

Bukuru Christopher ukina hagati mu kibuga yahamagawe mu Amavubi inshuro imwe
Bukuru yerekeje muri APR FC mu 2019 avuye muri Rayon Sports yari amazemo umwaka umwe
Nkinzingabo Fiston ukina hagati afasha abataha izamu yasinye imyaka ibiri muri Mukura VS nyuma yo gutandukana na Kiyovu Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages