Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) ryatangiye gukora iperereza kuri Luis Suarez warumye Giorgio Chiellini ku rutugu ubwo Uruguay yatsindaga u Butaliyani nubwo umusifuzi Marco Rodriguez ntacyo yabikozeho.
Mbere y’uko Diego Godin atsinda igitego ku munota wa 81, Luis Suarez yasatiriye myugariro Giorgio Chiellini agaragara nk’umuruma ku rutugu rw’ibumoso nubwo umusifuzi Marco Rodriguez atigeze asifura nyamara Chiellini yagaragaye amwereka aho yarumwe.
Kuri televiziyo ya Uruguay, Suarez yahakanye yivuye inyuma ko atarumanye ko ahubwo yakubiswe inkokora na Chiellini agahura n’amenyo ye. Suarez yagaragaye afashe ku munwa bisa nk’aho yakubiswe inkora.
Ingingo ya 77 y’amategeko agenga imyitwarire ya FIFA ivuga ko akanama k’imyitwarire gashobora gukora iperereza ku gikorwa cyabaye mu kibuga kitabonywe n’umusifuzi.
Aya mategeko mu ngingo ya 96 ivuga ko mu gufata umwanzuro hifashishwa raporo z’abasifuzi na komiseri, ubuhamya cyangwa amashusho n’amajwi.
Suarez n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Uruguay bahawe kugeza saa 5.00 (amasaha ya Brazil) kuba batanze ibimenyetso by’uko nta gikorwa cyo kurumana cyabaye.
Mu gihe Suarez yaba ahamwe n’iki cyaha yahanishwa guhagarikwa imikino 24 cyangwa imyaka ibiri.
Chiellini ntiyatinze kwita Suarez “inzoka” asaba FIFA gukoresha amashusho bakareba neza uko byagenze. Yagize ati “ Umusifuzi namweretse aho yarumye ariko ntiyagira icyo akora.”
Mu Mata 2013, Suarez yarumye myugariro wa Chelsea, Branilslav Ivanovic ahagarikwa imikino 10 mu gihe mu 2010 ubwo yakinaga muri Ajax mu Buholandi yarumye Ottman Bakkal wakinaga muri PSV ahagarikwa imikino 7.
Si ubwa mbere mu gikombe cy’Isi habamo ibikorwa nk’ibi kuko mu majonjora yo mu 1989, umunyezamu wa Chili, Roberto Rojas yabonye bageraniwe na Brazil ahitamo kwikata n’urwembe avuga ko ari ikintu atewe n’abafana. Umukino warasubitswe.
Nyuma yo kureba amashusho, Rojas yahagaritswe mu 1994 akomorerwa mu 2001 na Chili ikurwamo mu gikombe cy’Isi kuva 1994.
Muri uyu mwaka kandi myugariro Mauro Tassotti wari ukinnye umukino wa mbere u Butaliyani yakubise inkora Luis Enrique wakiniraga Espagne (ubu umutoza wa Barcelona) amuvuna izuru, ahagarikwa imikino 8.
Zinedine Zidane yakubise umutwe Marco Materazzi ku mukino wa nyuma w’igikombe cyo mu 2006, u Bufaransa bukina n’u Butaliyani ahagarikwa imikino ibiri.
Reba uko umunyezamu wa Chili yikase umukino bakinaga na Brazil ugahagarara



















TANGA IGITEKEREZO