00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwahoze atoza Rayon Sports ashobora kungiriza mu ikipe y’igihugu ya Nigeria

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 9 July 2015 saa 01:54
Yasuwe :

Nyuma y’aho bitangajwe ko Sunday Oliseh ashobora gusimbura Stephen Keshi nk’umutoza wa Nigeria, Jean Francois Losciuto watoje Rayon Sports ni umwe mu bashobora kumwungiriza.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria ryemeje ko bari mu biganiro na Sunday Oliseh, wabaye kapiteni wa Super Aigles akabakinira imikino 6, byo kuba yasimbura Stephen Keshi wirukanywe nyuma yo kugaragara ko yasabye akazi ko gutoza Cote d’Ivoire.

Ikinyamakuru ESPN cyanditse ko bafite amakuru ko mu cyumweru gitaha aribwo uyu wahoze akinira Ajax Amsterdam yo mu Buholandi azerekanwa nk’umutoza mushya wa Nigeria.

Sunday Oliseh ushobora gutangazwa mu cyumweru gitaha nk'umutoza mushya wa Nigeria asimbuye Stephen Keshi
Oliseh yabaye kapiteni wa Nigeria ayikinira imikino irenga 60, ni ikiragano cya 94

Nubwo kuba umutoza kwa Oliseh byakiriwe neza na benshi kuko ari umwe mu bari bagize ikipe y’igihugu yo mu 1994 yagize ibihe byiza, afite ibyangombwa byo gutoza byo ku rwego rwo hejuru i Burayi, UEFA’s Pro License ndetse benshi muri iki gihugu ngo banyurwa n’ ibitekerezo atanga kuri televizyo ya Supersport ku mikino yo muri Afurika.

Hiyongera ho Sunday Oleh amaze imyaka ibiri ari mu itsinda rya tekiniki rya FIFA, FIFA Technical Study Group.

Imwe mu mbogamizi afite ni uko nta mateka yagize nk’umutoza uretse mu cyiciro cyo hasi mu Bubiligi ari mu ikipe ya RCS Verviers yungirijwe na Jean Francois Losciuto waje kuba umuyobozi wa tekiniki mu ikipe y’abakiri bato ya RFC Liege.

Biravugwa ko Losciuto azungiriza Oliseh nkuko bakoranye mbere.

Umubiligi Jean Francois Losciuto wakoranye na Oliseh muri RCS Verviers ni umwe mu bavugwa ko yaba umutoza wungirije
Muri Rayon Sports, Losciuto yatoje CECAFA Kagame cup asezererwa muri 1/4 cy'irangiza na APR FC

Uyu Mubiligi yagiye gutoza ASFA Yennenga yo muri Burkina Faso mbere yo guca muri Rayon Sports yatoje imikino ya CECAFA Kagame cup agasezererwa muri ¼ cy’irangiza na APR FC.

Mu majonjora y’igikombe cy’Afurika 20157, Nigeria iri mu itsinda G na Misiri, Tanzania na Tchad. Umukino ubanza batsinze ibitego 2-0 bya Gbolahan Salami (63) na O Ighalo (pen 80).


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages