Amakuru yizewe IGIHE ifite ni uko uyu mugore amaze ukwezi kurenga abyaye umwana w’umukobwa akaba imfura ye.
Uwaduhaye amakuru yagize ati “Ni byo ni impamo yarabyaye rwose. Yabyaye umwana w’umukobwa muri Werurwe 2026. Ubu umwana agiye kuzuza amezi abiri. Yabyariye Vancouver aho atuye kuva yasigara ino aha muri Canada.”
Mu mpera z’umwaka ushize ubwo itsinda ry’uyu mugore n’umuvandimwe we bari muri Canada mu bitaramo byazengurutse mu mijyi itandukanye, we ntabwo yabashije gutaha kuko hatashye Dorcas na M Iréné Umujyanama wabo bari bajyanye.
Ishimwe Vestine abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yanditse ibaruwa ndende agaragaza ko yicuza impamvu yakoze ubukwe na Idrissa Jean Luc Ouédraogo.
Mu butumwa burebure yanditse abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze mu Cyongereza, Vestine yavuze ko abayeho ubuzima atishimiye ndetse ko ku bwe asanga yaragize amahitamo mabi cyane.
Ibyo byafashwe nko kuba uyu mugore yari yamaze gufata icyemezo cyo gutandukana n’umugabo we bari barakoze ubukwe muri Nyakanga 2025.
Uretse ibyo gutandukana n’umugabo we, kuva mu Ugushyingo 2025 ubwo yafataga icyemezo cyo gusigara muri Canada, n’ibikorwa bya muzika by’itsinda rya ‘Vestine&Dorcas’ bisa n’aho byatangiye kugenda biguruntege.
IGIHE yagerageje gushaka Vestine ngo tumubaze byimbitse kuri iyi nkuru ariko kumubona ntabwo byadukundiye ndetse turakomeza gukurikirana.
Izindi nkuru bifitanye isano:Vestine yaciye amarenga yo gutandukana n’umugabo we



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!