Polisi yo mu majyaruguru ya Nigeria mu mujyi wa Damaturu yatangaje ko abantu 15 bakomeretse bikomeye ubwo moto itezweho igisasu yaturikiraga ahari hateraniye abantu barebaga umukino wa Brazil na Mexique mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri.
Umujyi wa Damaturu uri muri Leta ya Yobe, imwe muri Leta eshatu zifite umutekano muke zibasiwe n’ibitero bya Boko Haram.
Sanusi Ruf’ai, umuvugizi wa Polisi muri Leta ya Yobe yabwiye Ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa (AFP) ko guturika kwabaye ahagana saa (…)
Home > Keywords > Worldcup > Worldcup_amakuru
Worldcup_amakuru
Articles
-
Nigeria: 15 baturikanywe n’igisasu bareba umukino wa Brazil na Mexique
18 June 2014, by Mathias Hitimana -
Nigeria yabonye intsinzi ya mbere nyuma y’imyaka 16
22 June 2014, by Mathias HitimanaPeter Odemwingie yatsindiye Nigeria igitego bakina na Bosnia Herzegovine kibaha icyizere cyo kubona itike ya 1/8 cy’irangiza, igitego cya mbere mu gikombe cy’Isi nyuma y’imyaka 16.
Odemwingie yatsinze iki gitego ku mupira yahawe na Emmanuel Emenike ku munota wa 29 nyuma y’aho abasifuzi banze icyari gitsinzwe na Eden Dzeko wa Bosnia ku munota wa 21 kuko yari yaraririye.
Ni igitego cya mbere mu gikombe cy’Isi kuri Odemwingie, cya kabiri kuri Nigeria kuva mu 1998 ubwo Victor Ikpeba (…) -
Van Persie na Robben bafashije u Buholandi kwihimura kuri Espagne
13 June 2014, by Mathias HitimanaKapiteni w’u Buholande Robin Van Persie na Visi kapiteni we,Arjen Robben batsinze buri umwe ibitego 2 muri 5-1 batsinze Espagne bihimura ku ntsinzi y’igitego batsinzwe ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi mu 2010.
Iyi niyo ntsinzi ngari ibonetse muri iki gikombe kiri gukinwa ku nshuro ya 20 muri Brazil.
Espagne ifite iki gikombe yatwaye itsinze u Buholande igitego 1-0 mu 2010, yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 27 kuri penaliti na Xabi Alonso ku ikosa ryari rikorewe rutahizamu Diego (…) -
Espagne mu nzira zo kwigarurira icyizere, Cameroun mu kindi kizamini
18 June 2014, by Mathias HitimanaNyuma yo kunyagirwa n’u Buholandi ibitego 5-1, Espagne ya Vicente Del Bosque irasubira mu kibuga kubaka icyizere itsinda Chili niba ishaka itike ya 1/8 naho abakinnyi b’u Buholande basezeranyijwe gusurwa n’imiryango yabo nibatsinda Australia.
Australia vs u Buholande saa 18.00 @ Estadio Beira-Rio
U Buholande burachura na Australia idafite myugariro Ivan Franjic wagize imvune ku mukino wa Chili. Nta mvune umutoza wa Man United, Van Gaal afite, uretse ko kapiteni we,Robin Van Persie asabwa (…) -
Suarez ashobora guhagarikwa imyaka ibiri kuko yarumye Chiellini
25 June 2014, by Mathias HitimanaIshyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) ryatangiye gukora iperereza kuri Luis Suarez warumye Giorgio Chiellini ku rutugu ubwo Uruguay yatsindaga u Butaliyani nubwo umusifuzi Marco Rodriguez ntacyo yabikozeho.
Mbere y’uko Diego Godin atsinda igitego ku munota wa 81, Luis Suarez yasatiriye myugariro Giorgio Chiellini agaragara nk’umuruma ku rutugu rw’ibumoso nubwo umusifuzi Marco Rodriguez atigeze asifura nyamara Chiellini yagaragaye amwereka aho yarumwe.
Kuri televiziyo ya (…) -
Nyuma y’imyaka 32, Algeria yabonye intsinzi, ikipe ya mbere y’Afurika itsinze ibitego 4
23 June 2014, by Mathias HitimanaAlgeria yatsinze Koreya y’Epfo ibitego 4-2, intsinzi ya mbere mu gikombe cy’Isi kuva mu 1982 yongera icyizere cyo kubona ku nshuro ya mbere ya 1/8 cy’irangiza, ni iya kabiri nyuma y’u Bubiligi bwamaze gutambuka.
Ni ubwa mbere mu gikombe cy’Isi ikipe ya Afurika itsinda ibitego 4 mu mukino umwe.
Ku munota wa 26, Islam Slimani yatsinze igitego cya mbere ku mupira yaherejwe na Carl Medjani.
Nyuma y’iminota ibiri gusa, Abdelmoumene Djabou yahereje umupira Rafik Halliche atsinda igitego cya (…) -
Benzema yatsinze ibitego bibiri ikindi Abafaransa bagihabwa n’ikoranabuhanga
15 June 2014, by Mathias HitimanaRutahizamu wa Real Mardid, Karim Benzema yatsindiye u Bufaransa ibitego 2 icya gatatu bagihabwa binyuze mu buryo bw’ikorabuhanga (Goal-line technology) kuko umupira wari warenze umurongo w’izamu rya Honduras, nicyo gitego cya mbere mu mateka y’igikombe y’igikombe cy’Isi.
Mbere yo kujya kuruhuka, Wilson Palacios yakoreye ikosa kuri Paul Pogba mu rubuga rwa Honduras maze umusifuzi wo muri Brazil Sandro Ricci atanga penaliti n’ikarita ya kabiri y’umuhondo kuri Palacios. Ni ikarita ya kabiri (…) -
Nta mukinnyi wa Arsenal ubanza mu Bufaransa bukina na Honduras
15 June 2014, by Mathias HitimanaMu bakinnyi batatu ba Arsenal bari mu ikipe y’u Bufaransa nta n’umwe ubanza mu kibuga kuri iki Cyumweru bakina na Honduras saa 21H00, Antoine Griezman winjiye asimbuye Ribery yahawe umwanya wa Olivier Giroud.
Abakinnyi batatu ba Arsenal bari mu bakinnyi 23 bahamagawe n’umutoza Didier Deschamps, Laurent Koscienly, Bakary Sagna wamaze kwerekeza muri Manchester City na Olivier Giroud.
U Bufaransa bufite umutwaro wo gusiba amateka mabi bagiriye muri Afurika y’Epfo aho bamwe mu bakinnyi (…) -
Brazil ikomeje muri 1/4 kuri penaliti
28 June 2014, by Mathias HitimanaBrazil yakomeje muri 1/4 cy’irangiza itsinze Chili kuri penaliti 3-2, umukino wari warangiye banganyije igitego 1-1 banakinnye iminota 30 y’inyongera, Brazil izahura n’itsinda hagati ya Colombia na Uruguay.
Brazil yabonye igitego ku munota wa 18 cyatsinzwe na David Luiz ku mupira watewe na Thiago Silva. Ni igitego cya mbere Luiz atsindiye igihugu cye.
Ku munota wa 38, Alexis Sánchez yishyuye ku mupira yaherejwe na Eduardo Vargas. Iki nicyo gitego cya mbere Brazil itsinzwe muri 1/8 (…) -
U Buholande bwakatishije itike ya 1/8, Australia irasezererwa
18 June 2014, by Mathias HitimanaU Buholande bwishyuye butsinda Australia ibitego 3-2 bukatisha itike ya 1/8 ku bitego bya kapiteni Robin Van Persie, visi kapiteni Arjen Robben na Depay, iyi kipe izahura na Chili mu mukino wo kwishakamo iyobora itsinda B.
Ku munota wa 20, Arjen Robben yafunguye amazamu, igitego yatsinze asize ba myugariro ba Australia, akoresha umuvuduko wa Km 30 ku isaha.
Ku ishoti rikomeye ryakubise umutambiko ryidunda mu izamu ry’u Buhoalnde, Tim Cahill yishyuye nyuma y’umunota umwe. Mu mikino ya (…)
IGIHE