00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro n’umwami Mohammed VI (Amafoto)

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 21 June 2016 saa 11:37
Yasuwe :

Perezida Kagame uri mu ruzinduko muri Maroc yambitswe umudali w’icyubahiro n’Umwami w’iki gihugu, Mohammed VI; umudali witiriwe Wissam Al-Mohammadi.

Uyu muhango wabaye ubwo Perezida Kagame yakirwaga n’Umwami Mohammed VI bagasangira n’ifunguro ry’umugoroba rizwi nka ‘Iftar’ dore ko ku bayoboke b’idini ya Islam bari mu gisibo gitagatifu cy’ukwezi kuzwi nka Ramadan.

Uruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Maroc rufatwa nk’icyiciro gishya mu mateka y’umubano w’ibihugu byombi, dore ko kimwe mu bimenyetso bigiye kuwuhamya ari ugushyiraho ababihagarariye ku mpande zombi.

Umwami Mohammed VI, yatumiye Perezida Kagame, kuko mu myaka itanu cyangwa itandatu ishize ubwo u Rwanda rwabaga ruri mu Kanama k’Umutekano ka Loni, rwakunze gushyigikira ibitekerezo byabaga byazanywe na Maroc.

Inkuru bifitanye isano :Perezida Kagame mu ruzinduko muri Maroc

Zimwe mu mpamvu umwami wa Maroc yatumiye Perezida Kagame

Perezida Kagame ubwo yakirwaga n'Umwami wa Maroc
Perezida Kagame asuhuza abayobozi bo mu nzego za gisirikare muri Maroc
Perezida Kagame n'Umwami Mohammed VI ubwo baririmbaga indirimbo zubahiriza ibihugu
Abayobozi batandukanye baherekeje Perezida Kagame
Abakuru b'ibihugu byombi baganira
Umwami wa Maroc, Mohammed VI yambitse Perezida Kagame umudali ukoze muri diyama itavangiye
Maroc ishima imiyoborere ya Perezida Kagame
Perezida Kagame yakiriwe mu musangiro n'Umwami Mohammed VI

Amafoto: Village Urugwiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages