Abapolisi bo mu ishami rishinzwe iperereza n’igenzura ry’ibyaha bari mu gikorwa cy’iperereza ku ibura rya Ntamuhanga Cassien, umuyobozi wa Radiyo Amazing Grace.
Abapolisi umunani n’ibikoresho bitandukanye batangiye igikorwa cyo kugenzura imodoka y’uyu muyobozi wa Radiyo aho iparitse, barayifungura.
Imodoka yafunguwe inzugi z’imbere, iz’inyuma ahabikwa ibintu mu modoka nto(boot) hari hagitegerejwe gufungurwa.
Igikorwa cyaje gucibwamo n’inkuru y’iboneka ry’umurambo w’umugabo mu mazi mu Kinamba cya Gisozi mu mujyi wa Kigali.
Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, wari uri kuri iyo modoka, muri ako kanya yahise yerekeza ahabonetse uwo murambo mu mazi.(Soma: Kigali : Umuntu utaramenyekana yabonwe mu kinamba yapfuye)
Umukoresha wa Ntamuhanga nawe yahise ajyayo kureba niba uwo ubonetse ari we, ariko yaje gusanga atari we, ahita yikubura arataha.
Iperereza ku irengero rya Ntamuhanga rirakomeje.
Soma inkuru bifitanye isano: Ntamuhanga wayoboraga Amazing Grace Radio yaburiwe irengero
Amafoto/ Shaban Masengesho



















TANGA IGITEKEREZO