00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ziracyapfa Bitanihira muri Rayon Sports

Yanditswe na
Kuya 16 July 2015 saa 04:15
Yasuwe :

Nyuma yo kuba rutahizamu wa Rayon Sports muri shampiyona atsinze ibitego bitandatu, Muganza Isaac wari uyimazemo umwaka umwe yasinye imyaka ibiri muri Police FC.

Aganira na IGIHE.com, CIP Mayira Jean de Dieu yavuze ko bamaze kwishyura no gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri Muganza Isaac wakiniraga Rayon Sports.

Muganza watsinze igitego mu mukino wo kwishyura Rayon Sports yatsinze Panthere du Nde bakabona itike yo gukina na Zamalek ntiyakiniye Rayon Sports imikino isoza shampiyona n’Igikombe cy’Amahoro kubera imvune.

Muganza asanze muri Police FC Tuyisenge Jacques watsinze ibitego birindwi, Nshuti Idesbald, Usengimana Dany baguze mu Isonga FC.

Muganza Isaac yatsinze igitego mu mukino wo kwishyura wa Panthere du Nde n'ibindi 6 muri shampiyona
Muganza Isaac yasinye imyaka ibiri muri Police FC

CIP Mayira yagize ati “ Shampiyona ishize ijya gutangira twatakaje abakinnyi barindwibabanzaga mu kibuga byatumye bitugora, ubu turashaka ko n’umusimbura yaba ari umukinnyi ukomeye.”

Uyu munyamabanga avuga ko bakiri kuvugana n’abandi bakinnyi bakina nka ba rutahizamu barimo Songa Isaie watsindiye AS Kigali ibitego 14 byinshi muri shampiyona na Mugenzi Bienvenu wa Marines watsinze birindwi.

Yagize ati “ Turifuza kubaka ikipe ikomeye by’igihe kirekire, iby’uko Tuyisenge azajya i Burayi ndabona bigenda biguru ntege.”

CIP Mayira avuga ko nyuma yo gutwara Igikombe cy’Amahoro bagiye kwicarana n’abatoza Cassa Mbungo Andre n’uwungirije Nshimiyimana Maurice “Maso” bakagena abakinnyi bazasohokamo.

Abakinnyi bongereye amasezerano barimo umunyezamu Nzarora Marcel, Mugabo Gabriel, Twagizimana Fabrice na Tuyisenge Jacques.

Mu ikipe yabanje mu kibuga bakina na Panthere du Nde, abakinnyi batanu bamaze kuyivamo
Nyuma ya Muganza, Police FC iri mu biganiro n'impanga ye Songa Isaie na Mugenzi Binevenu wa Marines

Kuba Police FC ikinisha Abanyarwanda gusa byatumye shampiyona itamgira yaratakaje abakinnyi barindwi bari bafite ibyangombwa bitemewe by’uko ari Abanyarwanda barimo Sina Jerome, Mutuyimana Moussa, Habimana Moussa, Ndaaka Frederick, Mbaraga Jimmy, Peter Otema na Kipson Atuheire.

Muganza yiyongereye ku bandi bakinnyi bashya nka Neza Anderson, Mushimiyimana Mohamed (AS Kigali), Ndatimana Robert (Rayon Sports), Muvandimwe Jean Marie (Gicumbi FC), Usengimana Dani (Isonga FC), Ngomirakiza Hegman (APR FC).

Police FC yatwaye Igikombe cy’Amahoro itsinze Rayon Sports igitego 1-0 cya Ngendahimana Eric izahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika y’amakipe yatwaye ibikombe iwabo, CAF confederation cup.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages