Ni yo kipe y’abatarabigize umwuga yitabiriye Igikombe cy’Isi cy’Amakipe kiri kubera muri Amerika. Ihagarariye Umugabane wa Océanie.
Bluetooth ikomora izina ku mwami wa Denmark, King Harald “Bluetooth” Gormsson kubera uruhare rwe mu kunga abantu
Mu bihe by’impeshyi uburebure bw’umunara wa Eiffel mu Bufaransa buriyongera
Indimu zifitemo isukari nyinshi kurusha inkeri
Turi ku wa 10 Kanama 2026. Ni umunsi wa 222 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 143 ngo uyu mwaka ugere ku musozo. Ni Umunsi Mpuzamahanga wahariwe inyamaswa y’Intare, aho abatuye Isi bashishikarizwa kuzibungabunga. Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka 2015: Perezida Kagame yatashye inyubako ya M Peace Plaza n’iy’Ibiro by’Umujyi wa Kigali. 1990: Icyogajuru cya Magellan cyageze ku mubumbe wa Venus. 2001: Gariyamoshi muri Angola yagabweho igitero, abantu 252 bahasiga ubuzima. 1971: Hashinzwe ishyirahamwe ry’abakina umukino w’amaboko wa Baseball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iri shyirahamwe ryafunguriwe ku mugaragaro mu Mujyi wa New York. 1990: Abayisilamu barenga 127 bishwe n’inyeshyamba mu Majyaruguru ashyira Iburasirazuba ya Sri Lanka. 2003: Ku nshuro ya mbere mu Bwongereza hagaragaye igipimo cy’ubushyuhe gihanitse kirenze degere Celsius 38, kigera kuri 38,5. 2006: Ishami rya Polisi yo mu Bwongereza ryitwa Scoltland Yard ryaburijemo igitero cy’ubwiyahuzi cyari guhitana abagenzi bari mu ndege yavaga mu Bwongereza yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. 2009: Abantu makumyabiri baguye mu mpanuka y’ikirombe, giherereye mu gace ka Handlová, iyi ni yo mpanuka ikaze kurusha izindi mu mateka ya Slovakia yatewe n’inkangu. Abavutse 1951: Juan Manuel Santos wayoboye Colombie. 1962: Havutse Madamu Jeannette Kagame, Madamu wa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame. 1994: Bernardo Silva wubatse izina mu Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Portugal n’iya Manchester City mu Bwongereza, aho kuri ubu yerekeje mu ya Real Madrid. Abapfuye 1980: Yahya Khan wabaye perezida wa gatatu wa Pakistan. 2024: Peggy Moffitt, umunyamideli n’umukinnyi wa filimi w’Umunyamerika,
Turi ku wa 10 Kanama 2026.
Ni umunsi wa 222 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 143 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ni Umunsi Mpuzamahanga wahariwe inyamaswa y’Intare, aho abatuye Isi bashishikarizwa kuzibungabunga.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
2015: Perezida Kagame yatashye inyubako ya M Peace Plaza n’iy’Ibiro by’Umujyi wa Kigali.
1990: Icyogajuru cya Magellan cyageze ku mubumbe wa Venus.
2001: Gariyamoshi muri Angola yagabweho igitero, abantu 252 bahasiga ubuzima.
1971: Hashinzwe ishyirahamwe ry’abakina umukino w’amaboko wa Baseball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iri shyirahamwe ryafunguriwe ku mugaragaro mu Mujyi wa New York.
1990: Abayisilamu barenga 127 bishwe n’inyeshyamba mu Majyaruguru ashyira Iburasirazuba ya Sri Lanka.
2003: Ku nshuro ya mbere mu Bwongereza hagaragaye igipimo cy’ubushyuhe gihanitse kirenze degere Celsius 38, kigera kuri 38,5.
2006: Ishami rya Polisi yo mu Bwongereza ryitwa Scoltland Yard ryaburijemo igitero cy’ubwiyahuzi cyari guhitana abagenzi bari mu ndege yavaga mu Bwongereza yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
2009: Abantu makumyabiri baguye mu mpanuka y’ikirombe, giherereye mu gace ka Handlová, iyi ni yo mpanuka ikaze kurusha izindi mu mateka ya Slovakia yatewe n’inkangu.
Abavutse
1951: Juan Manuel Santos wayoboye Colombie.
1962: Havutse Madamu Jeannette Kagame, Madamu wa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.
1994: Bernardo Silva wubatse izina mu Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Portugal n’iya Manchester City mu Bwongereza, aho kuri ubu yerekeje mu ya Real Madrid.
Abapfuye
1980: Yahya Khan wabaye perezida wa gatatu wa Pakistan.
2024: Peggy Moffitt, umunyamideli n’umukinnyi wa filimi w’Umunyamerika,
Facebook